Nkuko ubuyobozi bw’Igorororero rya Rubavu bubivuga, ibi biri muri gahunda yashyizweho n’Igororero murwego rwo kurushaho kw’imakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi buragira buti” mu byukuri iyi ni gahunda yatekerejweho n’ubuyobozi bw’Igororero rya Rubavu, mu rwego rwo kwigisha abantu bafunzwe kwirinda ivangura n’amacakubiri aho byaturuka hose.
Mu bizibandwaho mu gikorwa kizamara ukwezi, harimo ibiganiro bitandukanye bijyanye nubumwe nubwiyunge na ndi umunyarwanda, inyigishyo n’indirimbo zitandukanye zahimbwe n’amatsinda atandukanye z’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’izimakaza gahunda ya ndi umunyarwanda.
Iyi gahunda ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda, guhashya no gukumira amacakubiri hirindwa icyatuma abanyarwanda bongera kurangwa n’amacakubiri yatumye imbaga y’Abatutsi basaga Miliyoni bicwa muri Genoside yakorewe Abatutsi mata 1994.
Aba ni Abagororwa n’Abafungwa b’Igororero rya Rubavu bari muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda.
Ibikorwa bya Ndi Umunyarwanda bituma abari mu igororero babasha kwiyumvanamo.