URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Umuhanzi Munyanshoza, yifatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge mu mugoroba wo kwibuka

Munyanshoza Dieudone, umuhanzi umenyerewe mu ndirimbo zo kwibuka, kumugoroba wo kuri uyu wa 11 Mata 2024, yifatanyije n’abantu bafunzwe n’abagororwa ndetse n’abakozi bakora ku Igororero rya Nyarugenge mu mugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Share this Post

Nkuko abanyarwanda bose n’inshuti zabo bari mucyumweru cyahariwe kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, n’abari mumagororero nabo bibuka nkuko abandi Banyarwanda bose baba bibuka, bakanahabwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’icyo gihe, aho ibiganiro bitangwa birimo ibitangwa n’ubuyobozi bw’iryo gororero ndetse n’abandi baturutse hanze barimo abari mu nzego zitandukanye zirimo abayobozi n’abanyamadini n’amatorero murwego rwo gufasha abari mumagororero gukira ibikomere no kumenya amateka kuko haba harimo ingeri zitandukanye.

Ni muri urwo rwego umuhanzi Munyanshoza yagiye mu Igororero rya Nyarugenge kwifatanya nabo mu mugoroba wo kwibuka nkuko n’ahandi hose bikorwa mu gihugu abanyarwanda bagasangira amateka yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yahitanye imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni, akaba n’umwanya kandi wo gusobanurirwa urugendo rwo kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda mu bumwe n’ubudaheranwa.

Mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abari mu magororero bose babikora nkuko n’ahandi hose bikorwa ndetse bikanafasha benshi kubohoka kuko hari abatanga ubuhamya bwibyo bakoze bakerekana n’imibiri yabo bishe kandi bari barinangiye.

Umuhanzi Munyanshoza yibafatanyije n’abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge mu mugoroba wo Kwibuka.
Ubutumwa Munyanshoza atanga abucisha mu ndirimbo zo kwibuka.
Abakozi b’Igororero rya Nyarugenge nabo bifatanyije n’abahagororerwa mumugoroba wo kwibuka.
Amagororero yose abayarimo bibuka nkuko abandi banyarwanda bose bibuka.
No selected post
Contact Form