
Murakaza neza kurubuga rwa Serivisi ishinzwe amagereza.
Serivisi ishinzwe ubugororangingo mu Rwanda (RCS) ni ikintu cy’ingenzi mu butabera bw’u Rwanda, kugendera ku mategeko no mu nzego (JRLOS). RCS ifite inshingano nziza zo kurinda societe abanyabyaha bafunzwe nuburyo bukwiye bwamategeko.
Inshingano za RCS ni ukurinda umutekano w’abantu n’imfungwa haba mu rubanza ndetse n’abakatiwe n’igihe boherejwe n’inkiko, kugira ngo basubizwe mu buzima busanzwe kugira ngo basubizwe mu buzima busanzwe nyuma yo gufungurwa.
CGP Yuvenali MARIZAMUNDA
Komiseri Mukuru wa RCS
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwashyizweho n’Itegeko No 34/2010 ryo ku wa 12 Ugushyingo 2010 nyuma y’ihuzwa ry’icyahoze ari Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amagereza (NPS) n’Ubunyamabanga Nshingwabikorwa bwa Komite ishinzwe Imirimo Nsimburagifungo Ifitiye Igihugu Akamaro (TIG).
Kuva uru rwego rwa RCS rwashyirwaho rwahawe inshingano y’ibanze yo kuvugurura, kwigisha no gusubiza abagororwa mu buzima busanzwe. Byongeye kandi, RCS igomba kuba ikigo cyubakiye ku mishinga ibyara inyungu hagamijwe ko cyihaza mu byo gikeneye aho gushingira gusa ku ngengo y’imari ya leta. Inshingano za RCS zigaragarira mu nkingi enye z’ingenzi ari zo; Ubutabera, Kugorora, Ubumenyi n’Umusaruro.
Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Mata 2021 yayobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, yashyizeho DCGP. Juvenal Marizamunda nka Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hamwe n’ibigo byahujwe ku mugaragaro ku wa 26 Nyakanga 2011.
Muri Nyakanga 2014, hakozwe amavugurura rusange mu nzego zose za leta maze muri Nzeri 2014, RCS yongerwamo ingufu z’Abofisiye n’Abandi bavuye mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bituma ihinduka urwego rw’umutekano rufite inshingano zisumbuye.