Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Flash News
Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Slider

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko imishinga migari iri gushyirwa mu bikorwa irimo iy’ingufu zimirasire y’izuba, ikoranabuhanga mu butabera (E-Court), gushyiraho ibigo bifasha abagororwa gusubira mu buzima busanzwe no gutanga amahugurwa y’imyuga, biri gufasha RCS kugera ku ntego zayo kandi izakomeza gutezwa imbere.

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika bitabiriye umuhango wo gutangira icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Ni igikorwa cyateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Repubulika ya Santarafurika.

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa ‘International Residual Mechanism for Criminal Tribunal’ (IRMCT) hamwe n’itsinda ayoboye bakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS na CG Evariste Murenzi bagirana ibiganiro bitandukanye byibanze ku buzima bw’abagororwa barimo n’aboherejwe n’uru rukiko bari mu Igororero rya Nyanza.

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe na Komiseri Gahongayire Aurelie, zagiriye uruzinduko mu Ngando ya TIG-Muhazi mu Karere ka Rwamagana mu rwego rwo kureba imibereho y’abagororwa bari kuharangiriza ibihano by’imirimo nsimburagifungo.

Abagororwa 1,874 bafunguwe by’agateganyo basabwe kwitwara neza birinda kugarurwa mu Igororero

Mu gikorwa cyo gushyira mu ngiro icyemezo cy’Inama y’abaminisitiri cyo gufungura by’agateganyo abagororwa bagera ku 1874, Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora DCG Rose Muhisoni, kuri uyu wa 05 Werurwe 2026, yaganirije abafunguwe ku Igororero rya Nyarugenge abasaba kuzitwara neza, bubahiriza amategeko no gukoresha neza amahirwe bahawe yo gusubira mu buzima busanzwe.

Abayobozi mu nzego z’ubutabera n’umutekano bitabiriye gahunda y’ubutabera bw’ubuhuza ku Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Mutarama 2026, ku Igororero rya Nyarugenge habereye igikorwa cy’ubutabera bw’ubuhuza bushingiye ku kwemera icyaha bizwi nka ( plea bargaining). Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu nzego z’ubutabera n’umutekano, barimo Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda, Justice Harrisson Mutabazi, Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, Abahagarariye Polisi na RIB muri aka Karere, Uhagariye Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye ndetse n’abandi bacamanza n’abashinjacyaha bo mu nkiko z’ibanze za Nyarugenge, Gasabo,na Kicukiro ndetse n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"