URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Slider

Abari mu magororero yose yo mu Rwanda bizihije imyaka 29 ishize U Rwanda rwibohoye

Kuwa 04 Nyakanga Buri mwaka mu Rwanda hose hizihizwa umunsi wo kwibohora, mu Urwego rw’ U Rwanda rushinzwe igorora,
uyu munsi wizihirijwe Ku magororero yose mu nsanganyamatsiko igira iti “KWIBOHORA ISOKO YO KWIGIRA”, aho abakozi ba RCS, abagororwa n’abantu bafunze bawizihirije hamwe mu biganiro bitandukanye bigaruka ku kwibohora kw’Abanyarwanda.

Abakozi ba RCS 45 basoje amahugurwa ku gutegura Abagororwa babura igihe gito ngo basoze ibihano basubire mubuzima busanzwe

Aba bakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS 45, uyumunsi taliki ya 11 Kamena 2023, basoje amahugurwa y’iminsi 7 muri ILPD(Institute of Legal Practice and Development), Ishuri ritanga amasomo mubyamategeko rikanayateza imbere riherereye mu karere ka Nyanza, ayo mahugurwa akaba arebana no gutegura abagororwa babura igihe gito ngo basubire mu buzima busanzwe.