Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Flash News
Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Slider

CG Murenzi yakiriye Umuyobozi wa Prison Fellowship International bagirana ikiganiro

Kuri uyu wa 14 Mutarama 2026, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CG Evariste Murenzi yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga ‘Prison Fellowship International’ Bwana Andrew Corley ku Cyicaro Gikuru cya RCS, hamwe n’ubuyobozi bw’ishami ryawo mu Rwanda, ‘Rwanda Prison Fellowship, baganira ku musaruro umaze kugerwaho no kongera ubufatanye muri gahunda z’igorora.

Rwamagana Abagororwa n’ababasura barishimira impinduka nziza muri serivisi yo guhaha no gusura

Abagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana ndetse n’abaturage baza kubasura, baremeza ko serivisi zo guhaha no gusura zarushijeho kwihuta no kugenda neza, nyuma yaho Ubuyobozi bwa RCS bufashe icyemezo cyo kwihutisha serivisi hakurwaho imirongo y’abatakaza umwanya bahaha ibyo bashyira abo baje gusura ahubwo ubu bakaba bohereza amafaranga kuri MoMo z’amagororero, abagororwa bakihahira ibyo bakeneye babifashijwemo na Serivisi z’imibereho myiza ku magororero.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"