Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Flash Updates
Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Slider

Minisitiri uwamariya, mugusoza ihuriro ry’abakozi b’umwuga b’abagore ba RCS, yabasabye gufatanya na basaza babo kuko ubushobozi babufite

Mu Ihuririro ryabereye muri Kigali Convention center, rikitabirwa n’abakozi b’umwuga b’abagore ba RCS, murwego rwo kurushaho gushakira hamwe ibisubizo by’imbogamizi bahura nazo mukazi, niho Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Uwamariya Valentine yasabiye abitabiriye gufatanya n’abagabo bagenzi babo mukubaka Igihugu.

Abakozi batatu b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bari mubutumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo bambitswe imidari y’ishimwe

Taliki ya 29 Mutarama 2024, Abakozi 18 b’umuryango w’abibumbye bari mubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, mu gace ka Malakal Upper Nile, bambitswe imidari y’ishimwe kub’umusanzu wabo muri ubwo butumwa cyane mukubahiriza amategeko, aho muri abo bambitswe imidari harimo abakozi 3 b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS.

Minisitiri Gasana yasabye abaturage ba Nyanza kugira umuco wo gukunda ibiti ndetse bakabikundisha n’abato

Uyumunsi taliki ya 13 Mutarama 2024, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, arikumwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru wungirije muri Polisi ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP Chantal Ujeneza, bafatanyije n’abayobozi b’akarere ka Nyanza n’abaturage baho, bateye ibiti 6543 bitandukanye kuri hekiteri 54 mu murenge wa Ntyazo murwego rwo gukomeza kurengera ibidukikije.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"