Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Abagororwa bigaga imyuga itandukanye bo mu Igororero rya Rwamagana bahawe impamyabushobozi bwibyo bize

Abagororwa bo mu Igororero rya Rwamagana bari bamaze igihe biga imyuga itandukanye ariyo ubwubatsi, gukora amazi, gusudira n’amashanyarazi uyu munsi taliki ya 14 Gicurasi 2024, bahawe impamyabushobozi zigaragaza ibyo bize.

Share this Post

Nkuko bimaze kumenyerwa ko mumagororero yose hasigaye higishirizwa imyuga itandukanye izafasha abari mumagororero, basoje ibihano basubiye mu buzima busanzwe, abasoje bahabwa impamyabushobozi zigaragaza ko ibyo bize babizi, izo mpamyabushobozi zikaba zabafasha kuba babona akazi bakwiteza imbere bakanateza imbere imiryango yabo.

Mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe naho abagore bahagororerwa bagira amahirwe yo kwiga ibijyanye n’iterambere ry’ubuhinzi, aho nabo abari bakurikiranye  amasomo ajyanye no gukora ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere bugezweho, bizabafasha bageze mu buzima busanzwe bakaba babubyaza umusaruro bakora ubuhinzi n’ubworozi bujyanye n’igihe.

Abahawe impamyabushobozi ni 568 bo ku Igororero rya Rwamagana bari mu byiciro bine byari byarasoje bihererwa rimwe impamyabushobozi, hakaza abagore bo mu Igororero rya Nyamagabe nabo bagera kuri 40, basoje amahugurwa ajyanye n’ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere.

abagororwa basaga 500 bigaga imyuga itandukanye bo mu Igororero rya Rwamagana bahawe impamyabushobozi zihamya ibyo bize.
Abagore 40 bize gukora ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere bo mwigororero rya Nyamagabe basoje amasomo yabyo.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form