Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Komiseri Mukuru wa RCS yasuye abari gukora igihano cy’inyungu rusange i Nyagatare

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Ukuboza 2025, Komiseri Mukuru w'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS CG Evariste Murenzi n’abandi bayobozi mu nzego z’ibanze n’umutekano ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare basuye bamwe mu bakorera igihano cy’inyungu rusange muri aka Karere. Ni igikorwa cyabaye mu rwego rwo kureba aho ishyirwa mu bikorwa rigeze ry’iteka rya Perezida No 22/O1 ryo kuwa 31/Werurwe 2023 rigena igihano cy’imirimo y’Inyungu rusange

Share this Post

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage Madame Murekatete Juliette niwe wari uhagarariye  Akarere muri iki gikorwa,  aho yari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye bo mu nzego mu nzego z’ibanze n’iz’umutekano. Ni igikorwa cyabereye aho aba bagororwa bakoraga umuhanda ungana n’ibirometero 3 wo mu Mudugudu wa N01 werekeza muri Santere ya Rukomo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyagatare Madame Juliette Murekatete yari umwe mubitabiriye iki gikorwa.

Leta y’u Rwanda yashyizeho iki gihano muri gahunda yo gukemura ibibazo bitandukanye haba ku ruhande rw’uwakoze icyaha ubwe, uwakorewe icyaha ndetse n’igihugu. Uwakoze icyaha kuba akora ataha bimufasha gukora igihano cye kandi yita no ku muryango kandi n’umuryango mugari yakozemo icyaha akabasha kuwisangamo.

CG Evariste Murenzi wari Umushyitsi Mukuru muri iki gikorwa yibukije abari muri ibi bihano ko bafite amahirwe adasanzwe yo gukora igihano bataha mu miryango yabo kuko iminsi bakora mu cyumweru ari mikeya indi yose bakayikoresha biteza imbere. Yasabye abo bagororwa kwirinda kongera kwijandika mu byaha bityo bakabyaza umusaruro amahirwe bahawe bakaniteza imbere. Yagize ati “Ni amahirwe mwahawe mugomba kuyabyaza umusaruro, mukirinda kongera gukora ibyaha.”

Iki gihano cyibanda ku bikorwa bifitiye rubanda nyamwinshi akamaro.

Kugeza ubu abakatiwe iki gihano mu gihugu bageze 4836. Abamaze kuboneka mu turere 1571 muri bo 843 batangiye gukora ibihanobyabo ababuze bakaba bari gushakishwa. Abataraboneka kugeza ubu ngo batangire ibihano ni 2841.

RCS, ikora urutonde rw’abantu bakatiwe n’inkiko igihano cy’imirimo y’inyungu rusange; rugashyikiriwa Akarere abo bantu babarizwamo n’ako kakagena imirimo izakorwa. Inzego za Leta, Ibigo bya Leta Sosiyete sivile cyangwa abikorera bashobora gusaba kuresha abakatiwe iki gihano babisabye RCS.

Umuntu wakatiwe iki gihano akora iminsi itanu mu cyumweru iyo akora igihano aba mu ngando mu gihe ukora ataha iwe akora iminsi itatu mu cyumweru. Umugororwa wakatiwe iki gihano cy’imirimo y’inyungu rusange, afite inshingano zo kwitabira inteko rusange z’abaturage, amasomo y’uburere mboneragihugu ategurwa na RCS n’ibindi birebana n’akarere atuyemo.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form