Kimwe n’abandi bari baje muri siporo habayeho kugenda n’amaguru no kwiruka bazenguruka ibice bitandukanye mu Mujyi wa Kigali, nyuma bakora imyitozo yo kunanura imitsi no kugorora umubiri.
Nyuma ya siporo, abitabiriye bahawe ubutumwa bubibutsa kugira isuku ku mibiri yabo, mu ngo, aho bakorera n’ahandi hahurira abantu benshi, banashishikarizwa kuzitabira no gushyigikira imikino y’Igikombe cya Afurika cya Handball izabera mu Rwanda kuva tariki 21 kugeza 31 Mutarama 2026.



