Aya mahugurwa yatangiye ku wa 23 Ukuboza 2025, yitabiririwe n’abagera kuri 500 basobarurwa uko bagomba kwirinda ibikorwa bihungabanya uburenganzira bwa muntu n’uburyo icuruzwa ry’abantu rikorwa, ingaruka rigira ku muntu n’igihugu, ndetse n’uruhare rwabo mu kurikumira no kurirwanya, binyuze mu kumenya amategeko, gutahura ibimenyetso no gutanga amakuru ku gihe.
Abateguye amahugurwa kandi batanze imfashanyigisho zo kwifashisha mu kurushaho kwihugura no guhugura abandi kugira ngo hatagira ucikanwa.
Aya mahugurwa ari mu murongo wa gahunda ya RCS na MINIJUST ugamije gukomeza kubaka ubushobozi bw’abakozi b’amagororero mu bijyanjye n’amategeko n’uburenganzira bwa muntu bigafasha kunoza inshingano zabo za buri munsi.


