Ikiganiro abayobozi bombi bagiranye byibanze ku bimaze kugerwaho mu mikoranire iri hagati y’uyu Muryango na RCS kuva mu mwaka wa 2010, harimo: Guteza imbere imibereho y’abagororwa bahabwa ubumenyingiro buzababeshaho barangije ibihano, gufasha imiryango y’abagororwa gusura ababo igihe badafite ubushobozi, gufasha abana b’abagororwa no gusubiza mu buzima busanzwe abagororwa barabgije ibihano.
Baganiriye kandi ku gushimangira ubufatanye busanzweho bwo kongerera imbaraga ibikorwa by’igorora no gufasha abagororwa gusubira mu buzima busanzwe bifitemo ubushobozi buzababeshaho hanze bakanateza imbere imiryango yabo n’Igihugu muri rusange.
Bwana Andrew Corley yashimiye Ubuyobozi bw’u Rwanda ku mavugurura meza bwakoze mu Rwego rw’Igorora cyanecyane ingamba zashyizweho mu rwego rwo gufasha uwakoze icyaha kugororoka no kumufasha gutegura ubuzima azabamo nyuma yo kurangiza ibihano. CG Murenzi yashimiye uyu Muryango ku mikoranire myiza igamije guteza imbere imibereho y’abagororwa kuko iterambere ry’abo rigira uruhare mu gukumira insubiracyaha igihe baba basubiye mu miryango yabo.


