Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

DCG Rose Muhisoni yatangije amahugurwa ku banyamategeko b’amagororero yo kurwanya ivangura

Kuri uyu wa 12 Mutarama 2026 Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni yatangije ku mugaragaro amahugurwa y’iminsi 5 yo kongerera ubushobozi abanyamategeko 50 b’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS bakorera ku Magororero atandukanye, ari kubera ku Igororero rya Nyarugenge.

Share this Post

Ni amahugurwa ari gutangwa ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), hamwe n’Umuryango ‘Rwanda Bridges to Justice ufatanyije na International Bridges to Justice.’

Intego nyamukuru y’aya mahugurwa ni ukongerera ubumenyi n’ubushobozi abakozi ba RCS ku mategeko y’igihugu, ay’akarere n’ay’Isi yose yashyizweho hagamijwe kurwanya ivangura no kurengera uburenganzira bwa muntu, kugira ngo bashobore gukumira, gutahura no gukemura ibibazo by’ivangura mu Magororero.  

Aya mahugurwa kandi agamije kubongerera ubumenyi bwo gukurikirana imanza no gutanga raporo zinoze, guhagararira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ku bagororwa by’umwihariko abagore, abafite ubumuga, n’abandi bafite ubumenyi n’ubushobozi bucye.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form