Umunyamabanga Mukuru wa EAR Rev. Pasiteri Saano Stephen wari umushyitsi mukuru yari kumwe na Bwana Kizito waje ahagarariye Minisiteri y’Ubutabera hamwe n’abuyobozi bw’Igororero ry’abana rya Nyagatare.
Muri ibyo birori, abana bahawe amafunguro y’ibyo kurya no kunywa bitandukanye banahabwa impano zirimo ingofero, Biscuit na bombo.
Banagejejweho ijambo ry’Imana n’Umwepisikopi wa Diyosezi ya Gahini, Bishop Gahima Manase aho yabifurije Noheri nziza, abasaba gukura isomo mu mahirwe bahabwa, bagaharanira guhinduka no kugororoka kugira ngo babe abantu bazima bazagirira akamaro umuryango Nyarwanda. Abana bagaragaje akanyamuneza banashimira urukundo bagaragarijwe bizeza ko bazakomeza gutsinda amasomo bahererwa mu Igororero ndetse bakanahindura imyitwarire mibi yose bagize ikabageza mu gukora ibyaha.

