Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Madamu Binta Mansaray yishimiye gahunda z’ubutabera n’igorora ku Igororero rya Nyarugenge

Mu ruzinduko amazemo iminsi mu Rwanda, Binta Mansaray Umwanditsi Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Rudasanzwe rwashyiriweho kuburanisha ibyaha by’intambara muri Sierra Leone, uyu munsi taliki ya 16 Ukwakira 2025 yakomereje urugendo ku Igororero rya Nyarugenge aho yasuye gahunda zitandukanye z’igorora n’izorohereza abagororwa kubona ubutabera uko bikwiye.

Share this Post

Madamu Binta aherekejwe na Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, DCG Rose Muhisoni, yasuye ahari ibikorwa bitandukanye kuri iri Gororero, birimo aho abagororwa bahamagarira kuri telefone bavugana n’imiryango yabo ndetse n’inshuti zabo, aho abagororwa bahurira n’ababunganira mu mategeko, ndetse n’irerero ry’abana batarengeje imyaka 3 babana n’ababyeyi babo mu Igororero.

Irerero ry’abana ku Igororero riba rikurikirana imirire myiza y’abana no kubahugura kugira ngo babe bari ku rwego nk’urwabandi abana bose mu gihugu.

Madamu Binta yashimye uburyo RCS ifasha abagororwa kubaho mu buzima buboneye kandi bubafasha kugororoka, anashima u Rwanda ku byemezo n’umuhate rugaragaza mu guteza imbere ubutabera n’uburenganzira bwa muntu.

 RCS muri gahunda n’ingamba zayo zitandukanye ikomeza gushyira imbere ubutabera, ubumenyingiro n’amasomo mboneragihugu ku bagororwa hagamijwe kubafasha gusubira mu muryango babaye abantu bazima kandi bubaha amategeko.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form