Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Minisitiri Biruta yagiriye uruzinduko ku Igororero rya Nyarugenge, asura ibikorwa bitandukanye

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr. Vicent Biruta, uyumunsi taliki 26 Nzeri 2025, yagiriye uruzinduko ku Igororero rya Nyarugenge asura ibikorwa bitandukanye birimo inyubako n’umushinga w’ikoranabuhanga wa E-Huza uri mu igeragezwa, uzafasha abakeneye gusura kuganira n’abantu babo imbonankubone bidasabye kuza ku Igororero.

Share this Post

Muri uru ruzinduko Dr. Biruta yasobanuriwe uko uwo mushinga wa E-Huza uzajya ukora ndetse agera no mucyumba kirimo abagororwa bari kuganira n’ababo imbonankubone, aho umugororwa ahabwa ibikoresho byabugenewe akabyambara mu matwi (ecouteur), ubundi akavugana n’umuntu wo mu muryango we barebana bidasabye ko aza kumusura ku Igororero, igihe yahawe cyarangira hakajyaho undi nawe agakoresha umwanya we bakagenda basimburana bitewe n’ubusabe bwabasabye kuganira n’ababo.

Minisitiri Biruta yashimye uburyo kuri iri gororero hari imishinga myinshi myiza kandi ko Minisiteri izakomeza gutanga ubufasha n’ubuvugizi ngo imishinga ikomeze kwaguka.

Yagize ati” Mu by’ukuri iyi mishinga itandukanye kuri iri Gororero ni myiza urebye izi nyubako zirikuzamurwa ndetse n’indi mishinga ifasha abagororwa koroherwa na zimwe muri serivise bakenera umunsi ku munsi. Ndabizeza ko Minisiteri itazahwema gutanga ubufasha ndetse n’ubuvugizi aho bishoboka kugira ngo imishinga ikomeze yaguke, mukomereze aho kuko urabona ko hari ibintu byinshi biriguhinduka kandi ubona ko nibimara gufata umurongo bizaba bisa neza kuko Igihugu gishishikajwe n’iterambere ry’abaturage bacyo.”

Avuga ku ikoranabuhanga rifasha abogorwa gusurwa bidasabye ko abantu babo baza ku Igororero, yasabye abakozi b’Igororero Igeragezwa ririgukorerwaho ko bagomba kubikorana ubushishozi kuko ikoranabuhanga iyo rikoreshejwe nabi rishobora gutera ibibazo aho kuzana ibisubizo, abasaba kwita ku byuho bishobora kugaragaramo.

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, ruri mu bigo Minisiteri y’umutekano ifite mu nshingano, akaba ariyo mpamvu uruhare rwayo ari ingenzi mu gutuma rukomeza gutera imbere mu bikorwa bya burimunsi bakora kandi ubona ko birigukura umunsi ku munsi ugereranyije nuko mu bihe byashize byari bimeze.

Minisitiri Biruta ubwo yari ageze ku Igororero rya Nyarugenge mu cyumba kiberamo Inama asobanurirwa byinshi ku mushinga w’ikoranabuhanga ryo gusura bidasabye kuza ku Igororero.
Yasobanuriwe umushinga wa E-Huza uri mu Igeragezwa inyungu uzagirira abagenerwabikorwa.
Minisitiri Biruta aha yarebaga uko umushinga w’ikoranabuhanga wa E-Huza ukora, abagororwa baganira n’imiryango yabo imbonankubone.
Yasuye ibikorwa bitandukanye harimo n’icyumba gikurikiranirwamo amashusho y’ibirikubera mu Igororero.
Aha yari arigusobanurirwa uburyo ibijyanye na serivisi y’imibereho myiza y’abagorororwa ikorwa.
Yabagiriye inama ku bikorwa bitandukanye birikubakwa ku Igororero rya Nyarugenge ndetse abizeza n’inkunga aho bishoboka.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Dr.Vicent Biruta yasuye inyubako zitandukanye zirikubakwa ku Igororero rya Nyarugenge.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form