Mu ijambo yagejeje ku bari bitabiriye icyo gikorwa, Umumararungu Marie Rose wari uhagarariye ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye, yibukije abagorororwa ko ubuhuza bushingiye ku kwemera icyaha buhera mu manza zo hasi bitarinze kugera aho gukatirwa, ariko kandi n’uwageze mu igororero ntabwo aba ahejwe ari nayo mpamvu uyu munsi baje ku igororero rya Nyarugenge kugira ngo uwo ari wese wifuza kwicuza nawe abe yahabwa ubutabera nk’ubw’abandi Banyarwanda bose.
Umuyobozi wa RIB mu Karere ka Nyarugenge yasabye abagorororwa Kwirinda kuburana imanza za ndanze bakajya bemera ibyo bakoze kare mu iperereza ry’ibanze, bityo hakirindwa ko hakomeza kubaho gutinda kw’ibirego hakorwa irindi perereza nyamara ushobora gusaba imbabazi hakabaho n’uburyo bwo kuguhuzwa n’uwo wakoreye icyaha bigakemuka kare.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda (DPC) mu Karere ka Nyarugenge SP JB Nsabimana we yagiriye inama abagororwa ko mu gihe bagize amahirwe yo kurekurwa, byaba mu buryo bw’agateganyo cyangwa ubwuzuye, bakwiye kubiha agaciro ndetse no kubyubaha birinda ibindi byaha byatuma bagaruka mu igororero, kuko iyo bagarutse bifatwa nko kuba n’ubundi bararekuwe batabikeneye.
Umuvugizi w’Inkiko mu Rwanda Justice Harrisson MUTABAZI waje ahagarariye Umucamanza Mukuru, yasezeranyije abagororwa ko uretse iyi gahunda y’ubuhuza n’ubwumvikane bushingiye ku kwemera icyaha (Plea-Bargaining), hari gutegurwa uburyo ba perezida b’inkiko ku nzego zose, bazafata umwanya bakaza kureba ibibazo by’abagororwa muri rusange, ibisaba ubuvugizi bugakorwa n’ibikemurirwa aho bigakemuka.
Muri iki kigorwa cyabaye none, abagororwa babonanye n’ubushinjacyaha, 39 muri bo bahise bakorerwa ubuhuza ( Plea-bargaining). Ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda igamije guhuza no kunga uwakoze icyaha n’uwagikorewe kandi bikanagabanya ubwinshi bw’imanza mu nkiko ndetse no kugabanya umubare mwinshi w’abantu bafungwa ugasanga binatera ubukene mu miryango bakomokamo.




