Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Diyoseze ya Cyangugu yahaye inkunga y’ibiribwa abagororerwa mu Igororero rya Rusizi

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ukuboza 2025, Kiliziya Gatolika Diyoseze Cyangugu yahaye inkunga y’ibiribwa abagororwa bo mu Igororero rya Rusizi mu rwego rwo kwifatanya nabo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2025 no gutangira umushya wa 2026.

Share this Post

Ni inkuga igizwe umuceri ungana n’ibiro igihumbi(1,000 Kg) ndetse n’ifu ya Soya ingana n’ibiro 100Kg byose bifite agaciro ka 1,440,000 FRW.

Padiri OMBENI Jean Népomuscène wazanye iyi nkuga, akaba asanzwe ari Aumônien ku Igororero rya Rusizi, yavuze ko Kiliziya Gatolika izakomeza gufatanya n’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS mu bikorwa bya buri munsi bigamije Igorora no guteza imbere imibereho myiza y’abari mu magororero.

Kiliziya Gatolika isanzwe igirana ubufatanye na RCS mu bikorwa bitandukanye by’igorora haba mu bijyanye n’ivugabutumwa rigamije guhindura  uwakoze icyaha kuba umuturage mwiza wubaha Imana n’amategeko ndetse no mu bundi bufatanye burimo n’inkunga zitandukanye z’ibikoresho n’ibiribwa.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form