Muri iki giterane abagororwa mu nyigisho bahawe bibukijwe ko uko waba uri kose iyo wiragije Imana ndetse ugaca bugufi ugasenga Imana bikuruhura umutima bikanagufasha kubohoka.
Uwaje ahagarariye Itorero rya Calvary Wide Fellowship Ministries Rev. Espoir Serugo yashyikirije ubuyobozi bw’Igororero ibyuma bya Muzika birimo ingoma (Drum Tama), Mixer,Piano, Keyboard nini, Microphone n’ibindi bitandukanye. Hatanzwe kandi ibitabo by’indirimbo bibafasha mu kuririmba.

Umuyobozi w’Igororero rya Nyarugenge Senior Superitendent Patrick Muragizi yashimiye iri torero rya Calvary Wide Fellowship Ministries na Alarm Ministries ku mutima mwiza bagira wo gufasha no gutekereza ku bagororwa mu byo bakora bya buri munsi.
Yanabwiye abagororwa ko ari nayo mpamvu ubuyobozi bw’u Rwanda bwemerera amadini n’amatorero kuza kubigisha ndetse ari ni nzira nziza ifasha mu bikorwa by’igorora.
Abagorororwa banejejwe no kuba baratekerejweho ndetse bakanabazanira abagize itsinda rya Alarm Ministries ngo ribataramire ndetse banafatanye mukuramya no guhimbaza Imana.



