URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Ambasaderi wa UE mu Rwanda yashimye ibyo yabonye muri gereza ya Nyanza

Michel Arrion yakunze uduseke tubohwa n’imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyanza ndetse aragura.

Share this Post

Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.

Muri urwo ruzindiko rwe rwabaye tariki 21/05/2013, Ambassaderi Michel Arrion a bamwe mu bajyanama be mu bya politiki batambagijwe ibice binyuranye bya gereza ya Nyanza ari nako basobanurirwa imibereho y’imfungwa n’abagororwa bayifungiyemo.

Nta gice na kimwe kigize iyo gereza Ambassaderi Michel atagezemo kuko yagejejwe aho imfungwa n’abagororwa b’ibyaha bitandukanye bafungiye ndetse asoreza uruzinduko rwe mu gice gifungiyemo imfungwa zaturutse mu gihugu cya cya Sierra Leone.

No selected post
Contact Form