Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Flash Updates
Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

Abakozi b’umwuga ba RCS b’abagore bari mu mwiherero wiga kuruhare rw’umugore mu iterembere ry’Igihugu

Ni umumwiherero uri bumare umunsi umwe, uri kubera muri Kigali Convention Centre, uhuje abagore bakora mu rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS baturutse impande zose z’Igihugu, mu rwego rwo kwigira hamwe zimwe mu mbogamizi baba bahura nazo mu kazi n’uburyo zakemurwa, aho baganirizwa n’abagore batandukanye bari mu nzego z’ubuyobozi ndetse n’abandi bari muri serivisi zitandukanye.

Abakozi batatu b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bari mubutumwa bw’amahoro muri Sudan y’Epfo bambitswe imidari y’ishimwe

Taliki ya 29 Mutarama 2024, Abakozi 18 b’umuryango w’abibumbye bari mubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, mu gace ka Malakal Upper Nile, bambitswe imidari y’ishimwe kub’umusanzu wabo muri ubwo butumwa cyane mukubahiriza amategeko, aho muri abo bambitswe imidari harimo abakozi 3 b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS.

Minisitiri Gasana yasabye abaturage ba Nyanza kugira umuco wo gukunda ibiti ndetse bakabikundisha n’abato

Uyumunsi taliki ya 13 Mutarama 2024, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, arikumwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru wungirije muri Polisi ushinzwe abakozi n’imiyoborere DIGP Chantal Ujeneza, bafatanyije n’abayobozi b’akarere ka Nyanza n’abaturage baho, bateye ibiti 6543 bitandukanye kuri hekiteri 54 mu murenge wa Ntyazo murwego rwo gukomeza kurengera ibidukikije.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"