Ku Igororero rya Muhanga Itorero ry’Abadivantisite ryabatije abagera kuri 505 bahagororerwa
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29 Werurwe 2023, ku Igororero rya Muhanga habaye umubatizo wakozwe n’idini ry’Abadivantisite mu Rwanda, habatizwa abagera kuri 505, bagororerwa muri iryo gororero mu rwego rwo gukomeza gusakaza ubutumwa bwiza bw’Imana no gufasha abafunzwe gukizwa no kubona inyigisho zibafasha kuzinukwa icyaha.