RCS yifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri
Kuri uyu wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Nzeri 2013 abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bifatanyije na bamwe mu bafatanyabikorwa b’urwo Rwego mu kugorora mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi. Uwo muganda wabereye kuri Gereza ya Rubavu iherereye mu Murenge wa Nyakiriba, Akarere ka Rubavu witabiriwe kandi n’abagororwa bo muri iyo Gereza.