Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

Intumwa zaturutse muri Bourkina Faso ziri murugendoshuri mu Rwanda

Nyuma yo guhabwa igikombe k’urwego mpuzamahanga mu kugorora, inzego zitandukanye zifite kugorora mu nshingazo zikomeje kuza kwigira k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa mu Rwanda uburyo babasha gushira mu bikorwa inshingano uru rwego rwahawe na Leta.

RCS yakanguriye abayeyi bafite abana bafunze kujya babasura

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS rwatangiye gahunda yo gukangurira ababyeyi bafite abana bafungiye mu Kigo Ngorororamuco cya Nyagatare RCS kujya babasura. Iki gikorwa cyatangirijwe mu ntara y’Iburengerazuba kuri uyu wa mbere mu karere ka Karongi.

Abacungagereza bagiye gufashwa kwinjira muri zigama CSS

Inama Nkuru y’Urwego rw’Igihugu Rushizwe imfungwa n’abagororwa RCS, yateranye kuri uyu wa kabiri yemeje ko abacungagereza bataraba abanyamuryango ba banki Zigama CSS bafashwa kwinjira muri iyi banki ihuza abakozi bakorera inzego z’umutekano mu Rwanda.

MINISITIRI ODA GASINZIGWA YASABYE ABANA BAGORORERERWA MU KIGO NGORORAMUCO CYA NYAGATARE KUZAVA MURI ICYO KIGO BARABAYE INTANGARUGERO

Ibi Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Madamu Oda Gasinzigwa yabisabye abana bafite imyaka iri hagati ya 14 na 18 bakatiwe n’inkiko kubera ibyaha binyuranye bakoze ubwo hatahwaga ku mugaragaro Ikigo cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa kigenewe kubakira giherereye mu Karere ka Nyagatare, Intara y’Iburasirazuba kuri uyu wa gatatu, tariki ya 5 Gashyantare 2014.

GEREZA YA GASABO IKORESHA BIOGAS KU GIPIMO CYA 96% MU GUTEKERA IMFUNGWA N’ABAGORORWA BARENGA 4,500

Mu rwego rwo kurengera ibidukikije hagabanywa itemwa ry’amashyamba kugira ngo haboneke inkwi zo gutekera imfungwa n’abagororwa, Gereza zo mu Rwanda hafi ya zose zatangiye gahunda yo gukoresha biogas. Kuri Gereza ya Gasabo iherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali iyo gahunda yo gukoresha biogas imaze kugera ku rwego rushimishije kuko ubu ikoreshwa ku gipimo cya 96%.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"