Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

Gereza ya Rwamagana: Inyubako igizwe n’amagorofa 2 izatahwa muri Mutarama 2014

Mu ruzinduko rw’akazi Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Paul RWARAKABIJE yagiriye kuri Gereza ya Rwamagana kuri uyu kane tariki ya 19/12/2013 rwibanze ku gusura ibikorwaremezo by’iyo Gereza. Mu bikorwaremezo Komiseri Mukuru wa RCS yasuye harimo inyubako igizwe n’amagorofa 2 igenewe amacumbi y’Imfungwa n’Abagororwa, imirimo yo kuyubaka ikaba igeze ku musozo.

Muri Gereza ya Nyarugenge hatangijwe amahugurwa ku gukiza ibikomere by’ihungabana

Kuri uyu wa 4 Ukuboza 2013 muri Gereza ya Nyarugenge hatangijwe amahugurwa y’iminsi 4 ku gukiza ibikomere by’ihungabana hifashishijwe ijambo ry’Imana. Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa n’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda akaba akurikiranwa n’abagororwa 70, na bo bazahugura bagenzi babo nyuma yo kuyasoza.

U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga ku kugorora

Ibi ni ibyatangajwe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Mary Gahonzire mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku Cyicaro gikuru cy’urwo Rwego ku wa 15/11/2013. Iyi nama ikaba igamije kunoza gahunda zo kugorora ku Bihugu byohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Ubufatanye n’inzego bireba: igisubizo kirambye mu gukemura ibibazo bijyanye n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa

Mu nama y’iminsi 2 yahuje Ubuyobozi Bukuru bwa RCS, abakozi bashinzwe imicungire ya dosiye z’imfungwa n’abagororwa kuri za Gereza zose n’abahagarariye izindi nzego zirebwa n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa zirimo Inkiko, Ubushinjacyaha Bukuru na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, hagaragajwe ko ubufatanye bwa RCS n’izo nzego ari wo muti urambye wo gukemura ibibazo birebana n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa

Abagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza bongerewe ubumenyi

Abakozi 42 bagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza zo mu Rwanda bashoje amahugurwa y’iminsi 5 ku mitangire y’amasoko ya Leta. Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) yabereye mu Kigo cy’amahugurwa cya St Paul guhera ku itariki ya 14 kugeza ku ya 18 Ukwakira 2013.

Abagororwa bo muri “1930” biyemeje kuzubakira abatishoboye barokotse Jenoside

Komiseri mukuru wa RCS Paul Rwarakabije atanga ibiganiro muri gereza ya Nyarugenge

ku munsi wa gatatu w’ibiganiro biri kubera muri Gereza Nkuru ya Kigali izwi ku izina rya 1930, abagororwa bafungiyemo barimo n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batangaje ko bazubakira bamwe mu batishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"