Abagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza bongerewe ubumenyi

Abakozi 42 bagize Utunama dushinzwe gutanga amasoko ya Leta kuri za Gereza zo mu Rwanda bashoje amahugurwa y’iminsi 5 ku mitangire y’amasoko ya Leta. Aya mahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amasoko ya Leta (RPPA) yabereye mu Kigo cy’amahugurwa cya St Paul guhera ku itariki ya 14 kugeza ku ya 18 Ukwakira 2013.
Ibikorwa byari biteganyijwe mu gihembwe cya mbere cya 2013-2014, ibyinshi byagezweho- DCGP Mary GAHONZIRE

Ibi byatangajwe na Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), DCGP Mary GAHONZIRE nyuma y’inama ya Komisariya Nkuru ya RCS yateraniye ku cyicaro gikuru cy’urwo Rwego kuri uyu gatatu tariki ya 09/10/2013.
Abagororwa bo muri “1930” biyemeje kuzubakira abatishoboye barokotse Jenoside
Komiseri mukuru wa RCS Paul Rwarakabije atanga ibiganiro muri gereza ya Nyarugenge
ku munsi wa gatatu w’ibiganiro biri kubera muri Gereza Nkuru ya Kigali izwi ku izina rya 1930, abagororwa bafungiyemo barimo n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batangaje ko bazubakira bamwe mu batishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside.
RCS yifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Nzeri
Kuri uyu wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi kwa Nzeri 2013 abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) bifatanyije na bamwe mu bafatanyabikorwa b’urwo Rwego mu kugorora mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi. Uwo muganda wabereye kuri Gereza ya Rubavu iherereye mu Murenge wa Nyakiriba, Akarere ka Rubavu witabiriwe kandi n’abagororwa bo muri iyo Gereza.
Hamaze guterwa intambwe ishimishije mu micungire y’amadosiye y’Abagororwa- Minisitiri Fazil

Ibyo byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Bwana Mussa Fazili Harerimana mu nama yagiranye n’Abayobozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) barimo Komiseri Mukuru, CGP Paul Rwarakabije, Komiseri Mukuru Wungirije, DCGP Mary Gahonzire, Abakomiseri n’Abayobozi b’Abamashami muri RCS, Abayobozi ba za Gereza zose n’Abahuzabikorwa ba RCS mu Turere.
Umutekano ushyizwemo ingufu ku Magereza y’u Rwanda
Ejo ku wa 28/08/2013 ku cyicaro gikuru cya RCS habereye inama ihuza Komiseri Mukuru, Komiseri Wungirije , Abakomiseri, abayobozi bo kuri HQ n’ abayobozi bose b’ amagereza. Hari hagamijwe kureba uburyo hashyirwaho ingamba zo gukomeza kubungabunga neza umutekano w’amagereza. Muri iyo nama hagaragajwe ibibazo bigendanye n’ umutekano ku magereza amwe amwe hanyuma hafatwa imwe mu myanzuro ikurikira:
Hafashwe ingamba zo kunoza imicungire y’umutekano wa za Gereza

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’Abagororwa CGP Paul RWARAKABIJE arakangurira abacungagereza kurushaho kunoza ingamba zo gucunga umutekano wa za gereza mu rwego rwo gukumira ibyaha byatururuka ku gutoroka kw’abagororwa. Ibi bikaba bijyana kandi no kubaka Gereza nshya zujuje ibyangombwa kugirango abagororwa babe ahantu hameze neza.
Gusura imfungwa n’abagororwa ni inshingano zacu- Minisitiri w’umutekano mu Gihugu

Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Sheikh Mussa Fazil Harerimana ubwo yasuraga Gereza ya Muhanga kuri uyu wa kane ku itariki ya 07/11/2013.
The Rwandan Prisons are the good model for us- RAKOTONIAINA Lucien, Head of the Malagasy Delegation

This was expressed by Mr RAKOTONIAINA Lucien, Head of the Malagasy Delegation, which made a study tour in Rwanda from 10th to 15th June 2013, where it visited particularly the Rwanda Correctional Service’s activities.
Ambasaderi wa UE mu Rwanda yashimye ibyo yabonye muri gereza ya Nyanza

Michel Arrion yakunze uduseke tubohwa n’imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyanza ndetse aragura.