MINISITIRI ODA GASINZIGWA YASABYE ABANA BAGORORERERWA MU KIGO NGORORAMUCO CYA NYAGATARE KUZAVA MURI ICYO KIGO BARABAYE INTANGARUGERO
Ibi Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Madamu Oda Gasinzigwa yabisabye abana bafite imyaka iri hagati ya 14 na 18 bakatiwe n’inkiko kubera ibyaha binyuranye bakoze ubwo hatahwaga ku mugaragaro Ikigo cy’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa kigenewe kubakira giherereye mu Karere ka Nyagatare, Intara y’Iburasirazuba kuri uyu wa gatatu, tariki ya 5 Gashyantare 2014.
GEREZA YA GASABO IKORESHA BIOGAS KU GIPIMO CYA 96% MU GUTEKERA IMFUNGWA N’ABAGORORWA BARENGA 4,500
Mu rwego rwo kurengera ibidukikije hagabanywa itemwa ry’amashyamba kugira ngo haboneke inkwi zo gutekera imfungwa n’abagororwa, Gereza zo mu Rwanda hafi ya zose zatangiye gahunda yo gukoresha biogas. Kuri Gereza ya Gasabo iherereye mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali iyo gahunda yo gukoresha biogas imaze kugera ku rwego rushimishije kuko ubu ikoreshwa ku gipimo cya 96%.
Kugira ishuri riboneye ni wo musingi w’iterambere rya RCS- CGP Paul RWARAKABIJE
Ibi ni ibyatangajwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kuri uyu wa kane tariki ya 19/12/2013 ubwo yasuraga Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS rihererye mu Karere ka Rwamagana.
Gereza ya Rwamagana: Inyubako igizwe n’amagorofa 2 izatahwa muri Mutarama 2014
Mu ruzinduko rw’akazi Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Paul RWARAKABIJE yagiriye kuri Gereza ya Rwamagana kuri uyu kane tariki ya 19/12/2013 rwibanze ku gusura ibikorwaremezo by’iyo Gereza. Mu bikorwaremezo Komiseri Mukuru wa RCS yasuye harimo inyubako igizwe n’amagorofa 2 igenewe amacumbi y’Imfungwa n’Abagororwa, imirimo yo kuyubaka ikaba igeze ku musozo.
Muri Gereza ya Nyarugenge hatangijwe amahugurwa ku gukiza ibikomere by’ihungabana
Kuri uyu wa 4 Ukuboza 2013 muri Gereza ya Nyarugenge hatangijwe amahugurwa y’iminsi 4 ku gukiza ibikomere by’ihungabana hifashishijwe ijambo ry’Imana. Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa n’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda akaba akurikiranwa n’abagororwa 70, na bo bazahugura bagenzi babo nyuma yo kuyasoza.
U Rwanda rugiye kwakira inama mpuzamahanga ku kugorora

Ibi ni ibyatangajwe na Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, DCG Mary Gahonzire mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku Cyicaro gikuru cy’urwo Rwego ku wa 15/11/2013. Iyi nama ikaba igamije kunoza gahunda zo kugorora ku Bihugu byohereza abacungagereza mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu arasaba abagororwa guha agaciro “ubunyarwanda”
Mu ijambo yagejeje ku mfungwa n’abagororwa ba Gereza ya Huye ubwo yayisuraga ku itariki ya 01/11/2013, Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Sheikh Mussa Fazili Harerimana yagarutse ku gaciro buri wese agomba guha “ubunyarwanda”.
Abayobozi ba za Gereza mu mahugurwa y’iminsi ibiri
Kuri uyu wa kane tariki ya 31/10/2013 Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa rwatangije amahugurwa agenewe Abayobozi ba Gereza zose zo mu Rwanda.
Kongerera ubumenyi abakozi bibafasha kwesa imihigo baba bahize- CGP Paul RWARAKABIJE
Ibi ni ibyatangajwe na Komiseri Mukuru wa RCS, CGP Paul RWARAKABIJE ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi 2 yari agenewe abayobozi bungirije ba za Gereza zo mu Rwanda.
Ubufatanye n’inzego bireba: igisubizo kirambye mu gukemura ibibazo bijyanye n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa
Mu nama y’iminsi 2 yahuje Ubuyobozi Bukuru bwa RCS, abakozi bashinzwe imicungire ya dosiye z’imfungwa n’abagororwa kuri za Gereza zose n’abahagarariye izindi nzego zirebwa n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa zirimo Inkiko, Ubushinjacyaha Bukuru na Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside, hagaragajwe ko ubufatanye bwa RCS n’izo nzego ari wo muti urambye wo gukemura ibibazo birebana n’amadosiye y’imfungwa n’abagororwa