URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Umukozi wa MINUBUMWE yatanze ikiganiro ku itegurwa rya Jenoside n’ishyirwamubikorwa ryayo mu Igororero rya Nyarugenge

Nkuko mu gihugu hose nyuma y’icyumweru kiba cyarahariwe ibikorwa byo kwibuka, mu minsi ijana ibiganiro biba bigikomeje, akaba ariyo mpamvu umukozi wa minubumwe yatanze ikiganiro kirebana n’itegurwa rya Jenoside n’ishyirwamubikorwa ryayo mu Igororero rya Nyarugenge.

Share this Post

Ni ikiganiro cyatanzwe kubufatanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge, gihabwa abantu bafunzwe n’abagororwa bo mu Igororero rya Nyarugenge, kibanda ku itegurwa n’ishyirwa mubikorwa rya Genocide yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, abagororwa babiri mubagize uruhare mu ikorwa n’itegurwa rya Jenoside batanze ubuhamya mu ruhare rwabo mu gutegura no gushyira mu bikorwa Jenoside, bavuga ko ibyo bakoze babitewe nubuyobozi bubi bwari Buhari kuko nabo ubwabo babyicuza.

Bamwe mubagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, muri iyi minsi 100, benshi bakunda gutanga ubuhamya ku ruhare rwabo muri Jenoside ndetse bamwe bakanabohoka bakerekana imwe mu mibiri yabo bishe baba bataragaragaje igashyingurwa mucyubahiro.

No selected post
Contact Form