URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru Agezweho

Munisitiri w’Umutekano mu Gihugu yinjije Abakozi b’Urwego b’Umwuga bashya 444 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Ku ishuri ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS Rwamagana Training School, riherereye mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022, Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alphred Gasana yinjije Abakozi b’Umwuga b’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora bato 444, umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo iz’ibanze n’Uzumutekano mu Gihugu.

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ugiye gukomereza aho Ubwami bw’ubuholande bwari bugejeje mu guteza imbere amashuri y’imyuga mu magororero

Kuri uyu munsi taliki ya 08 Ukuboza 2022, ku Igororero rya Nyarugenge itsinda riturutse mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi ryasuye Igororero rya Nyarugenge, berekwa amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro Ubwami bw’Ubuholande bwateyemo inkunga hubakwa inyubako zitandukanye n’ibikoresho bikoreshwamo bigezweho nabo bagakomereza aho bari bageze kuko igihe cyabo bari barihaye cyari cyarangiye.

ITANGAZO RY’AKAZI

Ubuyobozi bw’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe lgorora (RCS), rwashyize ku isoko imyanya 4 y’akazi, ushinzwe igenamigambi (Planning Specialist); ushinzwe ubwubatsi (Civil Engineer); Umuganga (Medical Doctor) n’Umutetsi (Chief Cook), abashaka gupiganwa kuri iyo myanya bazazana ibyangombwa bisabwa kuva kuwa 15/12/2022 kugeza kuwa 22/12/2022.

RCS yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda

Uyu munsi taliki ya 6 Ukuboza 2022, KU Cyicaro Gikuru cya RCS, giherereye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Kanombe, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora(RCS) CGP Juvenal Marizamunda n’ Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda(NIRDA) Dr Christian Sekomo Birame, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye (MoU).

Komiseri mukuru w’amagereza muri Zambia yasuye Igororero rya Rubavu yerekwa uko Biogaz ikoreshwa mu kurengera ibidukikije

CG S.S.Fredrick Chilukutu Komiseri Mukuru w’amagereza muri Zambia, aherekejwe na Komiseri Mukuru wungirije muri RCS, DCG Rose Muhisoni ndetse n’itsinda rimuherekeje basuye Igororero rya Rubavu berekwa imikorere ya Biogaz umwanda ubyazwa ingufu zigakoreshwa mu guteka no gucana mu rwego rwo kurengera ibidukikije Banasura umupaka w’u Rwanda na Congo I Rubavu berekwa uko ukora.