URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru Agezweho

Abanya Botswana basuye RCS basobanurirwa uburyo bwo gucunga dosiye z’abafunzwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya IECMS

Itsinda ry’abashyitsi riturutse mu gihugu cya Botswana, riyobowe na Hon.Justice Mthomiwa Perezida w’Urukiko rwa Maun High court, uyu munsi kuwa 28 Ukwakira 2022, basuye icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, bakirwa n’Umuyobozi Mukuru wungirije w’uru rwego, DCGP Rose Muhisoni, baganira ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe Integrated Electronic Case Management System (IECMS).

CGP Juvenal Marizamunda ari muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga mu kugorora na za gereza (ICPA)

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CGP Juvenal Marizamunda we n’itsinda ryamuherekeje bitabiriye ihuriro mpuzamahanga muri Leta Zunze ubumwe za Amerika muri leta ya Florida, rihuza ibihugu mu kugorora na za gereza, rizamara iminsi itanu guhera kuwa 23-28 Ukwakira 2022, ni ihuriro rusange riri kuba ku nshuro yaryo ya 24 kuko riba buri mwaka mu gihugu kiba cyaratoranyijwe.