Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

Abarimu bigisha abacungagereza bahawe amahugurwa y’uburyo bugezweho bwo gutegura amasomo.

Mu rwego rwo kongerera ubushobozi abacungagereza, abarimu bigisha mu ishuri rya RCS ritegura abacungagereza b’umwuga  bahawe  amahugurwa y’iminsi 10  n’impuguke ziturutse mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Kugorora ryitwa International Corrections and Prison Associations (ICPA) . Aya mahugurwa yibanze ku kwigishwa uburyo bwo gutegura integanyanyigisho yabereye ku kicaro  gikuru cy’Urwego rw’Igihugu  rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS.

Gereza nkuru ya Nyarugenge 1930 izimucyira i Mageragere bitarenze uyu mwaka wa 2016

Mu rwego rwo kumenya aho ibikorwa byokubaka gereza ya Mageragere bigeze ministiri w’umutekanomu mu gihugu Sheikh Moussa fazil Harelimana yasuye ibikorwa byokubaka gereza mu murenge wa Mageragere izimurirwamo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge ndetse n’iya Gasabo. Igice cya kabiri cyokubaka iyi gereza kigeze ku kigereranyocya 70% kuko ubu urukuta ruzengurutse iyi gereza rwarangiye kubakwa. Harimo kubakwa kandi inyubako yambere igeze kukigereranyo cya 75% izacumbikira imfungwa n’abagororwa 3.500.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Sheih Musa Fazil Harerimana muri RCS yasobanuye ko umushahara munshya w’abacungagereza uzagira agaciro uhereye itariki ya 1/8/2016.

Ubwo yari mu nama nkuru ya RCS ngaruka kwezi yateranye kuwa  17/8/2016, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George RWIGAMBA, nyuma yo kumwakira Minisitiri  Fazil yasobanuriye abagize inama nkuru ya RCS imyanzuro itandukanye yemejwe n’inama y’abamisitiri nk’imishahara mishya,guhindurirwa urwego rureberera RCS(MINIJUST) , aba ofisiye 24  bashyizwe muzabukuru ndetse n’abacungagereza 14 birukanwe kubera imyitwarire mibi itandukanye.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"