Ubuvuzi Mu Magororero Igikorwa Cyo Gusiramura
Ubusanzwe umuntu ufunzwe ntakurwaho kuba umuntu nkabandi bose, agira uburenganzira bw’ibanze nkundi muntu wese udafunzwe burimo no kubona serivise zose zijyanye n’ubuzima.
Ubusanzwe umuntu ufunzwe ntakurwaho kuba umuntu nkabandi bose, agira uburenganzira bw’ibanze nkundi muntu wese udafunzwe burimo no kubona serivise zose zijyanye n’ubuzima.
Amajonjora yo mumatsinda yari amaze iminsi akorwa yasorejwe I Musanze, birangira amakipe yariri mu itsinda rya kane ririmo Musanze, Gicumbi na Rubavu birangira ikipe y’Igororero rya Gicumbi yatsinze ikipe y’igororero rya Rubavu igitego 01 kubusa ariko harebwa ifite ibitego byinshi kuko amakipe yose muri iryo tsinda yanganyaga amanonota, birangira ikipe y’Igororero rya Musanze ariyo ikomeje kuko ariyo yari ifite ibitego byinshi, ikaba ariyo izajya guhura n’izindi zagiye zavuye mu matsinda zikazahurira muri kimwe cya kabiri naho hakazavamo ebyiri zizahurira ku mukino wa nyuma.
Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Alfred Gasana, uyumunsi kuwa 25 Gicurasi 2023, yitabiriye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ikigo kizajya cyakira Abagororwa bazaba basigaje igihe gito ngo basoze ibihano byabo, bategurwa gusubira mubuzima busanzwe.
Uyumunsi kuwa 23 Gicurasi 2023, itsinda ry’abayobozi b’Inzego z’ibanze bo mu murenge wa Gahanga riyohowe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge arikumwe n’uhagarariye jyanama y’Umurenge, abayobozi b’imidugudu, DASSO n’abandi basuye abari mu Igororero rya Nyarugenge.
Mu mukino wabaye ku munsi w’ejo kuri sitade ya ngoma amakipe ari mu itsinda rya gatatu agahura hakavamo abiri yari buhure uyumunsi itsinze akazakomeza muri kimwe cya kabiri mu marushanwa yo kureba abanyempano mu mupira w’amaguru muri RCS, ikipe yay’ishuri rya Rwamagana niyo yakomeje itsinze iya Nyagatare ibitego 3 kubusa.
Nkuko amajonjora amaze iminsi, amakipe ari mu itsinda rya gatatu niyo yakinnye uyumunsi, aho agizwe n’amakipe yo ku magororero ya Rwamagana, Ngoma, Nyagatare n’ishuri rya RCS birangira ikipe ya Ngatare itsinze iya Ngoma ibitego 2 kuri 1, iy’ishuri rya RCS itsinda iya Rwamagana ibitego 3 kuri 1.
CGP Juvenal Marizamunda, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, yitabiriye inamangarukamwaka iri kuba kunshuro ya gatandatu, y’Ibihugu by’Afurika bifite inshingano zo kugorora izwi nka (ACSA), iri kubera mu gihugu cya Senegal mu murwa mukuru wacyo I Dakar, izamara iminsi itanu kuva taliki ya 15-19 Gicurasi 2023.
Abagororerwa mu Igororero rya Muhanga, baravuga ko mu bintu bibafasha kugira ubuzima bwiza harimo kuba barya imboga bahinga zasarurwa bakazibatekera mu mafunguro bategurirwa bikabafasha kugira imibereho bwiza.
Mu Igororero rya Muhanga hari gutangwa ubufasha bw’amaso aho umugororwa bari gusanga hari ikibazo cy’amaso afite, ari guhabwa indorerwamo z’amaso nta kiguzi cyayo yatswe cyangwa ngo leta igire icyo itanga kuri izo ndorerwamo.
Uyu munsi taliki ya 11 Gicurasi 2023, kuri Stade ya Bugesera hakomeje amarushanwa ahuza amakipe ari mu itsinda rya kabiri arimo ikipe zo ku magororero ya Muhanga, Bugesera, Nyarugenge n’ikipe y’Abakozi bo ku cyicaro, ikipe ya Muhanga n’iya Bugesera zikaba arizo zabashije gutsinda amakipe zahuye, nayo akazahura ku munsi w’ejo hatoranywamo izagera muri kimwe cya kabiri akazahura n’andi azagenda asigara mu matsinda uko ari ane.