
Komiseri Mukuru wa RCS yasuye abari gukora igihano cy’inyungu rusange i Nyagatare
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Ukuboza 2025, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS CG Evariste Murenzi n’abandi bayobozi mu nzego z’ibanze n’umutekano ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare basuye bamwe mu bakorera igihano cy’inyungu rusange muri aka Karere. Ni igikorwa cyabaye mu rwego rwo kureba aho ishyirwa mu bikorwa rigeze ry’iteka rya Perezida No 22/O1 ryo kuwa 31/Werurwe 2023 rigena igihano cy’imirimo y’Inyungu rusange




