Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Slider

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru w’Amagereza no Kugorora muri Zimbabwe  n’abamuherekeje basuye Igororero rya Nyanza n’Ingoro y’amateka y’Abami mu Rukari

Mu rwego rwo kwigiranaho no guhanahana ubumenyi, uruzinduko rwa CG Moses Cyril Ngawaite Chihobvu, Komiseri Mukuru w’Amagereza no Kugorora mu Gihugu cya Zimbabwe n’itsinda bazanye mu Rwanda baherekejwe na Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS DCGP Rose Muhisoni, arikumwe n’abandi bakozi ba RCS basuye Igororero rya Nyanza n’Ingoro y’amateka y’Abami I Nyanza mu Rukari.

komiseri Mukuru w’Amagereza no kugorora muri Zimbabwe we n’itsinda rimuherekeje basuye Minisiteri y’umutekano mu Gihugu n’inzundagamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside

Nyuma yuko ku munsi w’ejo taliki ya 06 werurwe 2023, itsinda ry’abantu bane baturutse mu Gihugu cya Zimbabwe basuye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku cyicyaro Gikuru, bakaganira n’Abuyobozi b’uru rwego, uyumunsi basuye Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, bakirwa n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri Sesonga Benjamin basobanurirwa inshingano z’iyi Minisiteri, ifite ibigo bibiri ireberera aribyo RCS na Polisi, basobanurirwa imikorere n’inshingano za buri kigo bakomereza urunduko rwabo ku nzundangamurage y’Amateka yo guhagarika Jenoside.

Itsinda riturutse muri Zimbabwe mu rwego rw’Amagereza ryasuye RCS mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza

Ku cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora(RCS) aho uru rwego rukorera mu Murenge wa Kanombe-Rubirizi, kuri uyu wa mbere taliki 06 Werurwe 2023, Komiseri Mukuru wa RCS yakiriye itsinda riturutse mu Gihugu cya Zimbabwe mu rwego rw’Amagereza bayobowe na CG Moses Cryil Ngawaite Chihobvu Komiseri Mukuru w’Amagereza mu icyo gihugu na Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda Charity Manyeruke, mu butumwa bw’akazi bazamaramo iminsi itanu, bareba uko barushaho kwagura imikoranire hagati y’inzego zombi.

Minisitiri Gasana Alfred yitabiriye inama Nkuru y’ubuyobozi ya RCS

Ku cyicaro Gikuru cya RCS, mu Karere ka Kicukiro mu murenge wa Kanombe mu Kagari ka Rubirizi, taliki ya 20 Gashyantare 2023, habereye Inama Nkuru y’Ubuyobozi y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, inama iba igamije kurebera hamwe iterambere ry’urwego muri rusange, yitabirwa na Nyakubahwa Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Gasana Alfred, kuko iki kigo kiri mubyo iyi minisiteri ishinzwe kureberera.

Ku Igororero rya Nyarugenge hatangijwe kumugaragaro ikoranabuhanga mu kuburana rizwi nka E- court System

Ku Igororero rya Nyarugenge uyumunsi kuwa 15 Gashyantare, habaye umuhango wo gutangiza ikoranabuhanga mu kuburana E- Court System, ni uburyo buzafasha abari mu magororero kubona ubutabera muburyo buboroheye aho umucamanza aburanisha uwakoze icyaha bitamusabye ko aza mu rukiko akaburana hakoreshejwe ikoranabuhanga barebana imbona nkubone bategeranye iburanisha rigakomeza.

Itsinda riturutse mu Gihugu cya Kenya mu rwego rw’Amagereza ryasuye RCS baganira ku  bufatanye  n’imikoranire hagati y’impande zombi

Kuri uyu wa mbere taliki ya 19 Ukuboza 2022, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, CGP Juvenal Marizamunda yakiriye mugenzi we Komiseri Mukuru w’Amagereza muri Kenya Brigadier (Rtd)John Kabaso Warioba, arikumwe n’itsinda rimuherekeje, bagirana ibiganiro by’imikoranire hagati y’inzego zombi mu rwego rwo guteza imbere urwego rwo kugorora abagonganye n’amategeko.

Munisitiri w’Umutekano mu Gihugu yinjije Abakozi b’Urwego b’Umwuga bashya 444 mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Ku ishuri ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS Rwamagana Training School, riherereye mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022, Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Alphred Gasana yinjije Abakozi b’Umwuga b’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora bato 444, umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye harimo iz’ibanze n’Uzumutekano mu Gihugu.

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ugiye gukomereza aho Ubwami bw’ubuholande bwari bugejeje mu guteza imbere amashuri y’imyuga mu magororero

Kuri uyu munsi taliki ya 08 Ukuboza 2022, ku Igororero rya Nyarugenge itsinda riturutse mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi ryasuye Igororero rya Nyarugenge, berekwa amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro Ubwami bw’Ubuholande bwateyemo inkunga hubakwa inyubako zitandukanye n’ibikoresho bikoreshwamo bigezweho nabo bagakomereza aho bari bageze kuko igihe cyabo bari barihaye cyari cyarangiye.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"