Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

Abanya Botswana basuye RCS basobanurirwa uburyo bwo gucunga dosiye z’abafunzwe hifashishijwe ikoranabuhanga rya IECMS

Itsinda ry’abashyitsi riturutse mu gihugu cya Botswana, riyobowe na Hon.Justice Mthomiwa Perezida w’Urukiko rwa Maun High court, uyu munsi kuwa 28 Ukwakira 2022, basuye icyicaro Gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, bakirwa n’Umuyobozi Mukuru wungirije w’uru rwego, DCGP Rose Muhisoni, baganira ku ikoranabuhanga rikoreshwa mu gucunga amadosiye y’Abantu bafunzwe Integrated Electronic Case Management System (IECMS).

CGP Juvenal Marizamunda ari muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho yitabiriye Ihuriro Mpuzamahanga mu kugorora na za gereza (ICPA)

Komiseri Mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, CGP Juvenal Marizamunda we n’itsinda ryamuherekeje bitabiriye ihuriro mpuzamahanga muri Leta Zunze ubumwe za Amerika muri leta ya Florida, rihuza ibihugu mu kugorora na za gereza, rizamara iminsi itanu guhera kuwa 23-28 Ukwakira 2022, ni ihuriro rusange riri kuba ku nshuro yaryo ya 24 kuko riba buri mwaka mu gihugu kiba cyaratoranyijwe.

Nyuma yo gutura igitambo cya misa na Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, abitabiriye umuhango bagize umwanya wo gusabana nawe

Abatabiriye igitambo cya misa cyatuwe na Antoine Caridinali
Kambanda muri gereza ya Nyarugenge, bahawe umwanya maze bamugaragariza amarangamutima y’ibyishimo by’uko bari banyotewe no kumubona, bamuha impano ndetse banamusaba ko nawe hari impano yabahera bamwe mu bagiye batsinda amarushanwa atandukanye bagiye bitegurira mu rwego rw’imyidagaduro.

Ndabasaba kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro mukabyara abo mushoboye kurera batazabera umutwaro Umuryango n’Igihugu

DCGP Rose Muhisoni Komiseri Mukuru wungirije muri RCS, yabivuze ku munsi wa kabiri w’ihuriro ry’Abagore b’Abacungagereza ryaberaga muri Lemigo Hotel kuva kuwa 20 -21 Nzeri 2022, aho yabasabye kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro, mu rwego rwo kwirinda kubyara abazabera umutwaro umuryango ndetse n’igihugu muri rusange anabasaba kwikuramo imyumvire ko badashoboye nabo bamwizeza impinduka.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"