Itegeko rishya rigenga RCS ryaherukaga gutorwa n’inteko y’abadepite muri kamena 2022 ryasohote.
Tariki ya 21 Ukwakira 2022, hasohotse itegeko rishya rigenga RCS, nkuko Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, yaherukaga guterana kuwa 27-28 Kamena 2022,
Tariki ya 21 Ukwakira 2022, hasohotse itegeko rishya rigenga RCS, nkuko Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, yaherukaga guterana kuwa 27-28 Kamena 2022,
Imfungwa n’abagororwa ba Gereza ya Nyanza baravuga ko mu bibafasha kurushaho kugira imibereho myiza mu buzima bwabo bwa burimunsi, imikino n’imyidagaduro bitandukanye bibafasha gutuma babasha kurushaho kumera neza bagakora ibihano byabo neza.
Tariki 10 Ukwakira buri mwaka Isi yose yizihiza umunsi Mpuzamahanga wahariwe kwita ku buzima bwo mutwe, kuri iyi taliki U Rwanda narwo rwizihiza uyumunsi nkuko ku Isi yose bigenda, aho ku Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Ibagororwa RCS, wizihirijwe kuri Gereza y’abagore ya Nyamagabe iherereye mu ntara y’amajyepfo mu karere ka Nyamagabe.
Taliki ya 03 Ukwakira 2022, SP Christine Mukankwaya umunyarwandakazi uri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani, yahawe Igihembo n’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe ibikorwa byo kugarura amahoro ku isi (UN), NK’umugore wagaragaje ubwitange no guhanga udushya mu butumwa bw’amahoro (UNISFA) muri Sudani mu gace ka Abyei.
Abatabiriye igitambo cya misa cyatuwe na Antoine Caridinali
Kambanda muri gereza ya Nyarugenge, bahawe umwanya maze bamugaragariza amarangamutima y’ibyishimo by’uko bari banyotewe no kumubona, bamuha impano ndetse banamusaba ko nawe hari impano yabahera bamwe mu bagiye batsinda amarushanwa atandukanye bagiye bitegurira mu rwego rw’imyidagaduro.
Nyiricyubahiro akaba na Arikisikopi wa Diyosezi Katorika ya Kigali Antoine Cardinal Kambanda, uyumunsi Taliki ya 02 Ukwakira, yatuye Igitambo cya Misa muri Gereza ya Nyarugenge anatanga isakaramento ryo gukomeza ku bakirisito 23, abwira abitabiriye icyo gitambo ko icyo Imana ibashakaho ari ukumera nk’abana bato kugirango babashye kwakira ubutumwa bwiza bw’Imana.
DCGP Rose Muhisoni Komiseri Mukuru wungirije muri RCS, yabivuze ku munsi wa kabiri w’ihuriro ry’Abagore b’Abacungagereza ryaberaga muri Lemigo Hotel kuva kuwa 20 -21 Nzeri 2022, aho yabasabye kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro, mu rwego rwo kwirinda kubyara abazabera umutwaro umuryango ndetse n’igihugu muri rusange anabasaba kwikuramo imyumvire ko badashoboye nabo bamwizeza impinduka.
Ni ihuriro ry’Abacungagereza b’Abagore baturutse kuri za gereza zitandukanye, rigamije kubakira abagore ubushobozi bigamije ubunyamwuga mu kazi, aho ryatangiye kuwa 20 rigasozwa kuwa 21 Nzeri 2022, ryitabirwa na ba Minisitiri babiri aribo Prof Bayisenge Jeannette Minisitiri w’iterambere ry’Umuryango na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Gasana Alfred babaganiriza ku iterambere ryabo mu kazi.
Ibi Komiseri Mukuru W’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS DCGP Rose Muhisoni, yabitangaje mu ihuriro ry’abagore b’Abacungagereza b’Abagore riri kubera muri Lemigo Hotel rizamara iminsi ibiri, ndetse abaryitabiriye bahawe umwanya bagaragaza zimwe mu mbogamizi bahura nazo bijyanye n’imiterere y’akazi ndetse n’izindi zijyanye n’imiterere y’imibiri yabo hakiyongeraho no kwita ku miryango yabo.