komiseri Mukuru w’Amagereza no kugorora muri Zimbabwe we n’itsinda rimuherekeje basuye Minisiteri y’umutekano mu Gihugu n’inzundagamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside
Nyuma yuko ku munsi w’ejo taliki ya 06 werurwe 2023, itsinda ry’abantu bane baturutse mu Gihugu cya Zimbabwe basuye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku cyicyaro Gikuru, bakaganira n’Abuyobozi b’uru rwego, uyumunsi basuye Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, bakirwa n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri Sesonga Benjamin basobanurirwa inshingano z’iyi Minisiteri, ifite ibigo bibiri ireberera aribyo RCS na Polisi, basobanurirwa imikorere n’inshingano za buri kigo bakomereza urunduko rwabo ku nzundangamurage y’Amateka yo guhagarika Jenoside.