Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Amakuru ya RCS

komiseri Mukuru w’Amagereza no kugorora muri Zimbabwe we n’itsinda rimuherekeje basuye Minisiteri y’umutekano mu Gihugu n’inzundagamurage y’amateka yo guhagarika Jenoside

Nyuma yuko ku munsi w’ejo taliki ya 06 werurwe 2023, itsinda ry’abantu bane baturutse mu Gihugu cya Zimbabwe basuye Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ku cyicyaro Gikuru, bakaganira n’Abuyobozi b’uru rwego, uyumunsi basuye Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, bakirwa n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri Sesonga Benjamin basobanurirwa inshingano z’iyi Minisiteri, ifite ibigo bibiri ireberera aribyo RCS na Polisi, basobanurirwa imikorere n’inshingano za buri kigo bakomereza urunduko rwabo ku nzundangamurage y’Amateka yo guhagarika Jenoside.

Itsinda riturutse muri Zimbabwe mu rwego rw’Amagereza ryasuye RCS mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza

Ku cyicaro Gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora(RCS) aho uru rwego rukorera mu Murenge wa Kanombe-Rubirizi, kuri uyu wa mbere taliki 06 Werurwe 2023, Komiseri Mukuru wa RCS yakiriye itsinda riturutse mu Gihugu cya Zimbabwe mu rwego rw’Amagereza bayobowe na CG Moses Cryil Ngawaite Chihobvu Komiseri Mukuru w’Amagereza mu icyo gihugu na Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda Charity Manyeruke, mu butumwa bw’akazi bazamaramo iminsi itanu, bareba uko barushaho kwagura imikoranire hagati y’inzego zombi.

Minisitiri Gasana Alfred yitabiriye inama Nkuru y’ubuyobozi ya RCS

Ku cyicaro Gikuru cya RCS, mu Karere ka Kicukiro mu murenge wa Kanombe mu Kagari ka Rubirizi, taliki ya 20 Gashyantare 2023, habereye Inama Nkuru y’Ubuyobozi y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, inama iba igamije kurebera hamwe iterambere ry’urwego muri rusange, yitabirwa na Nyakubahwa Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Gasana Alfred, kuko iki kigo kiri mubyo iyi minisiteri ishinzwe kureberera.

Ku Igororero rya Nyarugenge hatangijwe kumugaragaro ikoranabuhanga mu kuburana rizwi nka E- court System

Ku Igororero rya Nyarugenge uyumunsi kuwa 15 Gashyantare, habaye umuhango wo gutangiza ikoranabuhanga mu kuburana E- Court System, ni uburyo buzafasha abari mu magororero kubona ubutabera muburyo buboroheye aho umucamanza aburanisha uwakoze icyaha bitamusabye ko aza mu rukiko akaburana hakoreshejwe ikoranabuhanga barebana imbona nkubone bategeranye iburanisha rigakomeza.

Abagore bagororerwaga mu Igororero rya Muhanga bimuriwe mu rya Nyamagabe

Abakozi b’Umwuga b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora, bari mu gikorwa cyo kwimura abagore bagororerwaga mu Igororero rya Muhanga bajyanwa mu rya Nyamagabe, mu rwego rwo kugabanya ubucucike bugaragara mu magororero atandukanye, ahari ubucucike bakimurirwa mu magororero afite umwanya.

ITANGAZO RY’AKAZI

Ubuyobozi bw’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe lgorora (RCS), rwashyize ku isokoumwanya (1) w’Umutetsi (Chief Cook), abashaka gupiganwa kuruwo mwanyabazazana ibyangombwa bisabwa kuva kuwa 25/01/2023 kugeza kuwa

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"