
Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yasuye Igororero ry’abagore rya Nyamagabe
Kuri uyu wa mbere tariki ya 16 Kamena 2025, Inama Njyanama y’Akarere ka Huye iyobowe na Dr Kagwesage Anne bari kumwe n’umuyobozi wa Komisiyo y’imiyoborere myiza mu nama Njyanama mu Ntara y’Amajyepfo Madame Mugwaneza Evanys n’abandi bakorana, basuye banaganiriza abagororwa n’abantu bafunze bari mu Igororero ry’abagore rya Nyamagabe.




