Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Ba Ofisiye ba RCS bari mu butumwa bwa MINUSCA muri Santarafurika bahuye na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu

Ku itariki ya 14 Nyakanga 2025, Abakozi 5 b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) bakorera mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA), basuye Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu, Nyakubahwa Olivier Kayumba, mu rwego rwo kugirana ibiganiro byubaka no gusangira amakuru ku kazi bakora.

Share this Post

Abari muri ubu butumwa baba baroherejwe mu izina ry’Ibihugu byabo nk’abakozi ba Leta zabo. Baganiriye na Ambasaderi Kayumba ku ruhare rw’u Rwanda mu micungire y’amagororero muri Santarafurika, by’umwihariko ku bijyanye n’umutekano wayo, imikorere ya kinyamwuga no kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu bagororwa n’abantu bafungiye mu magororero.

Ambasaderi Olivier Kayumba yashimye ibikorwa by’abari muri ubu butumwa bwa MINUSCA, abizeza ubufasha mu gihe cyose buzaba bukenewe mu rwego rwo gukomeza gutanga umusanzu mu kubaka serivisi y’igorora inoze kandi yubahiriza uburenganzira bwa muntu mu butumwa barimo.

Yabibukije ko buri Munyarwanda uri mu mahanga by’umwihariko abambaye impuzankano y’Igihugu cy’u Rwanda ko bagomba kugira ikinyabupfura, ubunyangamugayo n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, bikaba ari na byo bikwiye kuranga umukozi w’u Rwanda aho ari hose ku Isi.

U Rwanda rubinyujije mu nzego z’itandukanye z’umutekano rugira uruhare rufatika mu bikorwa mpuzamahanga bigamije amahoro n’umutekano, aho nko muri Santarafurika rugaragaza umusanzu mu kubaka umutekano w’amagororero n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form