Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

RCS Yatangije amahugurwa ya IECMS mu kongerera ubumenyi abakozi b’Amagororero

Uyu munsi wa 26 Gicurasi 2025, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rwatangije amahugurwa y’iminsi ine ku bakozi bayo 36 ari kubera ku Ishuri ry’Amahugurwa rya RCS riherereye i Rwamagana ajyanye n’ikoreshwa rya sisiteme y’Ikoranabuhanga ya ‘IECMS’ ikoreshwa mu Nzego z’Ubutabera.

Share this Post

Aya mahugurwa yatangiriye ku bakozi 36 ba RCS, barimo Abofisiye 12, Abasuzofisiye na WDRs 23 ndetse n’umukozi umwe w’umusivile. Aba bakaba  baturutse mu Magororero atandukanye aherereye hirya no hino mu gihugu.

Senior Superintendent Jean Pierre Bazambanza Umuyobozi w’Agateganyo w’Ishuri rya RCS Rwamagana, mu gutangiza amahugurwa yavuze ko akamaro k’aya amahugurwa ari ukongerera ubumenyi n’ububushobozi abakozi ba RCS kugira ngo barusheho gukora inshingano zabo z’igorora mu buryo bwa kinyamwuga.

Aya mahugurwa ni intambwe ikomeye mu rugendo rwa RCS rwo kwihutisha impinduka zishingiye ku ikoranabuhanga mu mikorere y’Amagororero n’imikoranire inoze n’izindi nzego z’Ubutabera.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form