URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

RCS yatangije amarushanwa y’umupira w’amaguru mu rwego rwo guteza imbere siporo no gutuma abakozi barushaho kugira ubuzima bwiza

Mu rwego rwo guteza imbere siporo no kurushaho kuyihesha agiciro, Urwego u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, rwatangije amarushanwa ku makipe aturutse ku magororero atandukanye, ibi biri mu rwego gukundisha abakozi siporo kuko ari ingenzi mu buzima bwa muntu, haba mu kubaka umubiri ndetse no kwirinda indwara zimwe na zimwe.

Share this Post

Ni imikino izakinwa mu matsinda aho amakipe yose yashyizwe mu matsinda  ane, itsinda rya mbere rikaba rigizwe namakipe y’Amagororero ya Nyanza, Huye, Nyamagabe na Rusizi, rikaba ryatangiye gukina uyu munsi  ku wa 4 kugeza kuwa 5 Kamena 2023, kuri Sitade ya Kamena iherereye mu Karere ka Huye. Itsinda rya kabiri rigizwe n’amakipe y’amagororero ya Muhanga, Nyarugenge, Bugesera n’ikipe y’Icyicaro gikuru cya RCS (RCS HQs), azakina ku wa 11-12 Kamena 2023, kuri sitade ya Bugesera. Itsinda rya gatatu  rimo amakipe yo ku magororero ya Musanze, Gicumbi na Rubavu akazakinira kuri sitade ya Musanze taliki ya 18-19 Kamena 2023. Itsinda rya kane rikaba rigizwe n’amakipe y’amagororero ya Rwamagana, Nyagatare, Ngoma n’Ishuri rya RCS akazakinira kuri Sitade ya Ngoma iherereye mu karere ka Ngoma ku wa 25-26 Kamena 2023.

Amakipe azitwara neza mu majonjora nayo azahurira ku mukino wa kimwe cya kabiri ku wa 01 Kamena 2023 harebwa azagera ku mukino wa nyuma uzaba ku wa 8/9 Nyakanga 2023, kuri Sitade ya Bugesera aho ibihembo byose bizatangirwa ku makipe yitwaye neza n’abakinnyi bagaragaje ubuhanga, ikipe yahize izindi ikazahabwa igikombe cy’iri rushanwa.

Siporo ni ingenzi ku buzima bw’umuntu ikaba inafasha mu busabane n’imibanire mu bantu, aho urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) rwashyize imbaraga muri siporo kugirango Abakozi b’urwego b’umwuga bakomeze kugira ubuzima bwiza, gusabana hagati yabo no gurushaho kongera umusaruro mu kazi kabo.

No selected post
Contact Form