Abahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari gutegurwa gusubira mu miryango
Aho bigaragariye ko bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagenda basoza ibihano byabo ariko nyuma bikagaragara ko iyo bageze mu miryango bahura n’imbogamizi nyinshi zirimo: Ipfunwe,urwikekwe no kwiheza bikomoka ku byaha basize bakoze bituma batitabira gahunda za Leta, Gutakarizwa icyizere, Ihungabana riva ku byaha bakoze bikabaviramo kwimuka ahobari batuye, Kwinangira gusaba imbabazi abo bahemukiye, Amakimbirane mu miryango, Kwibona mu ndorerwamo z’amoko n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi.