Abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare batangiye gukora ibizamini bya Leta
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga 2025, ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange (S3) n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye (S6) byatangiye ku rwego rw’igihugu, bikazamara iminsi icumi kugeza ku wa 18 Nyakanga 2025. Ni muri urwo rwego n’abana bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare batangiye gukora ibyo bizamini, nk’abandi banyeshuri bo mu gihugu hose.