URWEGO RW'U RWANDA RUSHINZWE IGORORA

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Abana ba gereza ya Nyagatare bizihije umunsi w’umuganura basangira amafunguro ya Kinyarwanda

Taliki ya 05 Kanama buri mwaka, ni umunsi wahariwe umuganura mu gihugu hose, ni umuhango umaze igihe kitari gito kuko wabayeho kuva kera mu gihe cy’abami, ukaba warahabwaga agaciro gakomeye aho abaturage basangiraga n’umwami ku ntango y’inzoga yabaga yateguwe ndetse bakanasangira ibiryo bya Kinyarwanda babaga bejeje mu muhango witwaga kuganura.

Share this Post

Uyu munsi nkuko n’ahandi hose mu gihugu bizihije umunsi w’umuganura kuri gereza y’abana ya Nyagatare, abana bizihije umunsi wahariwe umuganura basangira ibiryo bya Kinyarwanda nkuko bikorwa n’ahandi hose mugihugu, bishimira umusaruro w’ibyo bejeje, aho basangiye umutsima w’amasaka, ibijumba n’imyumbati  bigeretse ku bishyimbo basomeza amata, basangirira no ku ntango yari yateguwe nkuko kuri uwo munsi bigenda biyibutsa uko umunsi w’umuganura wa kera wabaga umeze.

Muri uyu muhango kandi abana bagororerwa muri iyi gereza y’abana ya Nyagatare, bakinnye amakinamico atandukanye yerekana uko umuco wa kera wari ingenzi mu buzima bw’Abanyarwanda, banagaragaza ko umuganura wari ikimenyetso gikomeye cy’ubusabane aho bagasangira ibyo bejeje dore ko mu muganura bazanagamo ibyeze mbere mu byo bise kuganura abantu bagahura bagasabana ndetse bakanatarama bakungurana ibitekerezo, ku iterambere ry’igihugu basenyera umugozi umwe mu kubaka inyabutatu.

Umuyobozi wungirije wa Gereza ya Nyagatare SP Richard Cyubahiro, niwe waganirije abana muri uyu muhango ababwira ko umuganura kuva na kera wizihizwaga abantu bagasabana bagasangira ibyo bejeje.

Yagize ati ” kuva kera uyu mucyo wo kuganura wahozeho, iyo Abanyarwanda bezaga bafataga umunsi bakawuharira umuganura bagasangira kubyo babaga bejeje bagasabana bagasoma ku ntango babaga benze bagasangira ibiryo bya Kinyarwanda birimo umutsima w’amasaka, ibigori, ibijumba, imyumbati, ibirayi ndetse bagasomeza amata byarimba bagasogongera no ku ntango babaga bateguye ubundi bagatarama bakizihirwa. Niyo mpamvu namwe twashatse gutegura ibi birori tugirango mwunguke byinshi ku bijyanye n’umuco Nyarwanda nimujya mwumva umunsi nk’uyu ntimukumve ari bishya kuri mwe.”

Umuganura mu gihe cy’abami wari umuhango mwiza kuko niho umwami yasangiriraga n’abaturage akamenya uko umwero wagenze, uyu munsi mu Rwanda uhabwa agaciro kuko nta kazi kajyanye n’imirimo ya leta gakorwa kuri uwo munsi kuko hatangwa ikiruhuko cy’uwo munsi.

Abana basangiye ibiryo bya kinyarwanda birimo umutsima w’amasaka, ibijumba, imyumbati basomeza amata.
Banasomye ku ntango nkuko kera babigenzaga iyo babaga bari mu muhango wo kuganura.
Umuyobozi wungirije wa gereza y’abana ya Nyagatare SP Richard Cyubahiro yabaganirije byinshi bijyanye n’umuganura.
Muri uyu muhango abana babyinnye ibyino za kinyarwanda bagaragaza uko mu muhango wo kuganura bizihirwaga.
Bakinnye amakinamico atandukanye ajyanye n’uwo munsi mu buryo wabonaga ko bunogeye amaso ababirebaga.
No selected post
Contact Form