Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

CG Murenzi yakiriye itsinda riyobowe n’Umuyobozi wungirije w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Namibia, baje kwiga sisiteme ya IECMS

None ku wa 13 Gicurasi 2025, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) CG Evariste Murenzi yakiriye ku Cyicaro Gikuru cy’uru Rwego itsinda ryaturutse muri Repubulika ya Namibia ryari riyobowe na Bwana Petrus Damaseb Umuyobozi wungirije w’Urukiko rw’Ikirenga mu rwego rwo kwigira ku Rwanda imikorere y'ubutabera na sisiteme y’ikoranabuhanga ya IECMS (Integrated Electronic Case Management System) ikoreshwa mu nzego z’ubutabera.

Share this Post

Mu biganiro byabaye, iri tsinda ryasobanuriwe uburyo butandukanye u Rwanda rwashyizeho mu koroshya inzira z’ubutabera no kunoza uburyo bwo kugorora zirimo; isuzuma ryihuse ry’imanza, kwemera icyaha kugira ngo igihano kigabanywe, guhabwa ubufasha mu by’amategeko ku batishoboye, kurekurwa bitewe n’imyitwarire myiza, igihano cy’imirimo y’inyungu rusange no gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe binyuze muri halfway home.

Basobanuriwe kandi akamaro k’imikoreshereze ya IECMS, irimo guteza imbere imikorere inoze, kongerera ubuyobozi ubushobozi bwo gukurikirana no kugenzura dosiye z’ubutabera, kurinda umutekano w’amakuru, koroshya uburyo bwo kuyageraho no kuyohereza, ndetse no guhuza ibikorwa hagati y’inzego zitandukanye.

Hon. Petrus Damaseb yavuze ko yanyuzwe n’imikorere ya IECMS

Mu ijambo rye, Hon. Petrus Damaseb yavuze ko uruzinduko rwabo rwari rugamije kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu gukoresha ikoranabuhanga mu butabera, kuko na bo muri Namibia bafite intego yo kugendana n’iterambere mu rwego rw’ubutabera. Yavuze ko byinshi bize bizabafasha kubaka sisiteme y’ikoranabuhanga isa n’iyo mu Rwanda, binyuze mu bufatanye buzakomeza hagati y’impande zombi.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form