Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uko icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangiye muri RCS

Nkuko uyu muhango wo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside, uba ureba Abanyarwanda bose, Urwego  rw’u Rwanda rushinzwe Igorora cyane ku magororero yose bifatanya n’abandi muri icyo cyumweru cyahariwe kunamira Abatutsi bazize uko bavutse nuko baremwe ndetse iki cyumweru gihabwa agaciro kuko hari benshi baba barabaye muri ibyo bihe bazira icyaha cya Jenoside aho bamwe banatanga ubuhamya bw’ibyo bakoze, nyuma yo kwitekerezaho bakabona ko bakoze amahano ukaba n’umwanya wa bamwe kongera kwicuza bakanemera kwerekana aho imibiri imwe bari baranze kwerekana iri.

Muri iki cyumweru inzego zitandukanye za leta zifata umwanya zikajya kuganiriza abari mu Magororero, bakabaganiriza amateka kuko haba harimo n’abavutse nyuma ya Jenoside bakeneye kumenya amateka mabi yabaye ndetse bukaba n’uburyo bwo kwigisha urubyiruko kutijandika mu bikorwa bibi byatuma Igihugu cyongera kugwa mu mage nkayo cyaguyemo mu 1994, bagasobanurirwa amateka mabi nuburyo bakwirinda ikibi ahubwo bagaharanira ko ikijyanye n’amacakubiri kitazongera kubaho ukundi.

Muri iyi minsi irindwi hategurwa ibiganiro bitandukanye bijyanye n’amateka, uko amacakubiri yatangiye ndetse n’uburyo yageje igihugu kuri Jenoside, bagasobanurirwa n’ubutwari bw’inkotanyi zahagaritse Jenoside igihugu kikaba cyarongeye kwiyubaka binyuze mu kwirinda amacakubiri umunyarwanda wese ahabwa agaciro.

Ku Igororero rya Rwamagana batangiye icyumweru cy’Icyunamo baganirizwa ku mateka yagejeje Igihugu kuri Jenoside.

Abayobozi b’Igororero rya Rwamagana bitabiriye umuhango wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abagororerwa mu magorerero harimo n’urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside baba bakeneye kumenya amateka.

Ku ishuri rya RCS riherereye i Rwamagana ubuyobozi bwaganirije abanyeshuri bari mu mahugurwa ya Cadet ndetse n’ayibanze (basic) amateka mabi yaranze u Rwanda akaurugeza kuri Jenoside.

Ku Igororero ry’Abana rya Nyagatare Abana bahawe ikiganiro kijyanye n’amateka mabi yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside dore ko baba banayakeneye kuko batayazi.

Mu Igororero rya Huye nabo bitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe abatutsi.

Umuyobozi w’Igororero rya Huye SSP Hillary Sengabo yabwiye abitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi ko buri muntu agomba guharanira ko ibyabaye bitazongera.

Ku Igororero rya Musanze naho batangiye icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abagororerwa mu Igororero rya Musanze batambukije ubutumwa bwo kwibuka mu ndirimbo.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.