Aya mahugurwa yasojwe uyumunsi, yari afite insanganyamtsiko igira iti Kumenya ibihe turimo byo kwibuka Genocide yakorwe Abatutsi muri mata 1994, n’uburyo byadufasha gufasha abagira ibibazo by’ihungabana. Aho abayitabiriye bibanda ku ngingo zitandukanye arizo :Kwibuka Genocide yakorewe abatutsi ningaruka za jenocide, Icyaha nk’isoko y’ibibi byose, guhumuriza abantu ko gukira guhari kandi gushoboka (Ezekiyeli 22,30) ndetse barebera hamwe inzira eshatu zo gukira ari zo:Kwemera ibyabaye n’ibyatubayeho, Kuvuga ibyatubayeho, Kurira nk’uburyo bwo kwemera gusohora ibituri ku mutima, tukitandukanya n’imvugo ivuga ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda kuko hari abavuga ko nta mugabo urira ariko kurira biromora kuko uba usohoye amarangamutima yawe ibi bigatuma wiha imbabazi ndetse ukigirira n’impuhwe.
Abitabiriye aya mahugurwa kandi ingaruka zo kutibabarira noguhorana ipfunwe, ikimwaro, ndetse bikageza n’aho utekereza kwigirira nabi, basobanurirwa ko umuntu wabashije kwibabarira muri we, iteka ahorana impungenge zo kuba yakongera gukora icyo yakoze kitari cyiza, bikagufasha kugendera kure ikibi ndetse banigishwa icyo umuntu yakora kugira ngo ubashe kwibabarira no gutekereza ku cyaha wakoze, warangiza ugafata icyemezo akarenga ibyahise agaharanira ko utazongera gusubira mu bibi kuko wamaze kwisobanukirwa ukanaba umusemburo w’ibyiza n’urugero ku bandi bagufataga mu buryo butari bwiza.
Mu gusoza Pastor Munyeshuri Noheri, yatanze ubuhamya bwubaka abari mu mahugurwa, anavuga uburyo yemeye gusaba imbabazi mu izina ry’abahutu bakoze Genocide mu gihe cya Genocide yakorewe abatutsi, asoresha isengesho kubitabiriye amahugurwa.
Pastor Munyeshuri Noheri umwe mubatanze ibiganiro yasoje asengera abitabiriye amahugurwa.
Pastor Munyeshuri Noheri yanatanze ubuhamya butandukanye ndatse anavuga ko yasabye imbabazi mu izina ry’Abahutu.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.