Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ku Igororero rya Musanze hasojwe amahugurwa ajyanye n’isanamitima yatanzwe n’umuryango Good News Of Peace And Development

Aya mahugurwa yasojwe uyumunsi, yari afite insanganyamtsiko igira iti Kumenya ibihe turimo byo kwibuka Genocide yakorwe Abatutsi muri mata 1994, n’uburyo byadufasha gufasha abagira ibibazo by’ihungabana. Aho abayitabiriye bibanda ku ngingo zitandukanye arizo :Kwibuka Genocide yakorewe abatutsi ningaruka za jenocide, Icyaha nk’isoko y’ibibi byose, guhumuriza abantu ko gukira guhari kandi gushoboka (Ezekiyeli 22,30) ndetse barebera hamwe inzira eshatu zo gukira ari zo:Kwemera ibyabaye n’ibyatubayeho, Kuvuga ibyatubayeho, Kurira nk’uburyo bwo kwemera gusohora ibituri ku mutima, tukitandukanya n’imvugo ivuga ngo amarira y’umugabo atemba ajya mu nda kuko hari abavuga ko nta mugabo urira ariko kurira biromora kuko uba usohoye amarangamutima yawe ibi bigatuma wiha imbabazi ndetse ukigirira n’impuhwe.

Abitabiriye aya mahugurwa kandi ingaruka zo kutibabarira noguhorana ipfunwe, ikimwaro, ndetse bikageza n’aho utekereza kwigirira nabi, basobanurirwa ko umuntu wabashije kwibabarira muri we, iteka ahorana impungenge zo kuba yakongera gukora icyo yakoze kitari cyiza, bikagufasha kugendera kure ikibi ndetse banigishwa icyo umuntu yakora kugira ngo ubashe kwibabarira no gutekereza ku cyaha wakoze, warangiza ugafata icyemezo akarenga ibyahise agaharanira ko utazongera gusubira mu bibi kuko wamaze kwisobanukirwa ukanaba umusemburo w’ibyiza n’urugero ku bandi bagufataga mu buryo butari bwiza.  

Mu gusoza Pastor Munyeshuri Noheri, yatanze ubuhamya bwubaka abari mu mahugurwa, anavuga uburyo yemeye gusaba imbabazi mu izina ry’abahutu bakoze Genocide mu gihe cya Genocide yakorewe abatutsi, asoresha isengesho kubitabiriye amahugurwa.

Pastor Munyeshuri Noheri umwe mubatanze ibiganiro yasoje asengera abitabiriye amahugurwa.

Pastor Munyeshuri Noheri yanatanze ubuhamya butandukanye ndatse anavuga ko yasabye imbabazi mu izina ry’Abahutu.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.