Ni igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Komiseri wa RCS, CG Evariste Murenzi, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda Angelique Habyarimana, Komiseri Mukuru Wungirije wa RCS, CP Theos Badege, aboyobozi muri MINUBUMWE, IBUKA, Bridge to Justice, DiDe, Prison Fellowship,imiryango y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsib 1994, Abasyobozi bakuru muri RCS, ndetse n’abandi bakozi ba RCS.
Kugeza ubu Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwibuka abari abakozi ba Serivisi z’amagereza 18 ari bo habashijwee kunya amakuru yabo ko bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Komiseri Mukuru wa RCS CG Evariste Murenzi yasabye Abakozi ba RCS bitabiriye uyu muhango kuba maso no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside bakarushaho kwimakaza no kubungabunga ubumwe n’ubudaheranwa Abanyarwanda bamaze kugeraho.
Yagize ati:“Aya mateka twibuka kuri iyi nshuro ya 32, adusaba gukomeza kuba maso, tukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside aho yaba iri hose cyane cyane mu magororero, turushaho kwimakaza no gusigasira ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda.”
CG Murenzi yabwiye imiryango ifite ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bahoze ari abakozi bo muri Serivisi z’amagereza ko nka RCS itazibagirwa umusanzu ababo batanze. Ati:”Mu gihe twibuka aba bakozi bacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, twiyemeje gukomeza kubungabunga amateka yabo. Tukaba twizeza abarokotse bo mu miryango yabo, ko batazigera bibagirana, amazina yabo n’umusanzu batanze bizakomeza kuba igice cy’amateka y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS.”
Yibukije Abakozi ba RCS ko bagifite umukoro wo kwigisha abafungiye icyaha cya Jenoside binangiye gusaba imbabazi no kugaragaza ahari imibiri y’abo bishe ngo ishyingurwe mu cyubahiro
Yagize ati:” Twe nk’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, turacyafite inshingano zo kwigisha abagifungiye ibyaha bya Jenoside n’ibindi bifitanye isano nayo, kugira ngo bakomeze kumva ko bafite inshingano zo gusigasira ubumwe abanyarwanda bamaze kugeraho, ari nako batera intambwe yo gusaba imbabazi abo biciye ndetse no gutanga amakuru ku mibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho yaba iri hose kugirango ngo bashyingurwe mu cyubahiro.
Abahoze ari abakozi ba Serivisi z’amagereza bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bakoraga muri serivisi zitandukanye, hamaze kumenyekana 18. Abo barimo:
1. Kanusu François Xavier wari Umuyobozi wa Gereza ya Gikongoro
2. Habimana Jean Nepomoscène wakoreraga Gereza Nkuru ya Kigali
3. Isabane Jean wari Umuyobozi wa Gereza ya Rilima
4. Kalisa Jean Claude wari Umuyobozi wungirije wa Gereza ya Butare
5. Kayumba Jean Damascène wari umukozi kuri Gereza ya Butare
6. Kimanuka Pierre Célestin wari ushinzwe ibarura muri serivisi z’amagereza
7. Mugarura Emmanuel wari umufasha mu buganga kuri Gereza ya Nyanza
8. Mukagatare Josephine wari umusosiyale kuri Gereza ya Kigali
9. Mukarusanga Agnès wari umusosiyale kuri Gereza Nkuru ya Kigali
10. Mutesi Tite wari umwarimu w’ububabji muri Gereza ya Kigali
11. Ndahiro Pascal wari Umuyobozi wa Gereza ya Kibungo
12. Ntambaraga Celestin wari umushoferi kuri Gereza ya Kibuye
13. Ntivuguruzwa Jean Marie Vianney wari umwarimu w’ububabji muri Gereza ya Kigali
14. Nyirumuringa Dorothée wari umwanditsi kuri Gereza ya Kigali
15. Rutiyomba Emille wari umwarimu w’ububabji kuri Gereza ya Kigali
16. Semuhungu Jean Bosco wari Umuyobozi wa Gereza ya Kibuye
17. Umubyeyi Chantal wari umwanditsi kuri Gereza ya Nyanza
18. Uwizeye Prudence umusosiyale ukora mu ishami ry’ubuganga n’imibereho myiza y’abagororwa
Kugeza ubu aba bakaba ari bo bamaze kumenyekana ko bahoze ari abakozi ba serivi z’amagereza mu Rwanada bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.