Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

Ni ubukangurambaga bumaze iminsi buzenguruka amagororero atandukanye abasura n’abasurwa basobanurirwa ibyiza by’umushinga mushya ugiye kujya wihutisha serivisi zahabwaga abagororwa ndetse n’ababasura, aho harimo n’uburyo bushya bwashimishije abasura ko hazaba hariho uburyo bwo gusura imbonankubone (Video call) bidasabye ko ujya kumureba mu Igororero arimo, mukaganira nkaho murikumwe aho abaturage bavuga ko aribyiza kuko n’abanyantege nke bazajya basura ababo bidasabye gufata urugendo ngo bajye kubareba aho bagororerwa.

CSUPT Hillary Sengabo, Umuvugizi w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora (RCS) yaganirije abaturage baje gusura abantu babo ndetse n’Abagororwa bari mu magororero ya Musanze na Rubavu ku byiza uyu mushinga wa E-Huza uzanye aho yababwiye ko ikijyanye no kongera kubura amafaranga nkuko byajyaga bibaho bitewe n’uburyo bwakoreshwaga mu koherereza amafaranga umuntu wawe uri mu Igororero ntutange amakuru yose amafaranga akabura nyirayo akaguma kuri konti ya RCS igihe cyagera agasubizwa mu isanduku ya Leta, aho yababwiye ko uburyo bushya bubanza kukwereka uwo ugiye koherereza amafaranga amazina ye yose ukabona kohereza urumva ko kuyoba kwayo bitazongera kubaho, bitandukanye nuko mbere woherezaga amafaranga ukongera ukandika ubutumwa ku yindi nimero ugaragaza amazina y’uwohereje n’uwo yoherereje wakwibeshya ntiwohereze ubwo butumwa ntabwo bamenyaga nyirayo, ababwira ko E-huza ije gukemura ibyo bibazo byose niyo mpamvu basabwa kuyikunda no kuyikoresha.

Munyaneza Derick, umukozi wa Rwanda Bridge to Justice akaba n’umutekenisiye wa E-Huza, nawe yabwiye abagororwa n’abaturage baje kubasura ko nibatangira kuyikoresha aribwo bazabona neza ubwiza bwayo ababwira uburyo wakoresha ushaka koherereza amafaranga umuntu wawe aho ukanda akanyenyeri 920 ugakurizaho urwego ubundi ugakurikiza amabwiriza, wagera aho ugiye kohereza bakagusaba nimero y’umugororwa ariyo yitwa akarangamugororwa, wayishyiramo ukabona amazina yose y’uwo ugiye koherereza amafaranga ukohereza wizeye neza ko agiye ku muntu wawe kuko ako karangamugororwa ntawe ugahuza n’undi ibyo bikaba bifasha n’abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora gukusanya amakuru yose y’abagiye bohererezwa amafaranga bitagoranye. Yabasabye kubukunda bakabukoresha anababwira ko vuba haraba hatangiye n’ubundi buryo bwo kuzajya basura imbonankubone bikazorohereza abari mumahanga bitajyaga byorohera gusura ndetse n’abanyantege nke nk’abantu bakuze n’ababana n’ubumuga byagoraga kugera ku Igororero.

Ni ubukangurambaga burigukorwa mu rwego rwo gufasha abasura n’abasurwa ku magororero, kubona serivisi nziza zibanogeye nkuko Leta icyo ishyize imbere ari umuturage ku isonga kuri serivisi zitandukanye abona zikamugeraho ku gihe kandi zimunogeye.

Abagororwa bo mu Igororero rya Rubavu bakurikiranye ibijyanye n’ubukangurambaga bwa E-Huza.

Abaturage baje gusura ababo mu Igororero rya Rubavu bari gusobanurirwa uko E-Huza ikora.

Munyaneza Derick umukozi wa Rwanda bridge to Justice akaba n’umutekenisiye wa E-Huza asobanura imikorere yayo.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 month ago

This website uses cookies.