Categories: Amakuru ya RCSSlider

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru w’Amagereza no Kugorora muri Zimbabwe  n’abamuherekeje basuye Igororero rya Nyanza n’Ingoro y’amateka y’Abami mu Rukari

Bageze ku Igororero rya Nyanza Umuyobozi w’iryo Gororero SP Remy Ntwari yabasobanuriye imiterere y’iryo gororero, abakozi baryo, inyubako, umusaruro ndetse n’abahagororerwa, aho bafashe umwanya bakazenguruka mu nyubako zitandukanye bareba uko babayeho cyane ahagororerwa abanyapolitike n’Imfungwa za Politike zoherejwe n’umuryango w’abibumbye zaturutse mu Gihugu cya Sierraleone, berekwa uburyo bitabwaho mu rwego rwo kubahiriza uburenganzira bwa muntu ahabwa ibyo yemerewe ndetse akarusho hakaba haratangiye gahunda yo kwigisha imyuga n’ubumenyingiro ku bantu bakoze ibyaha bakaza gusoza ibihano byabo babategura gusubira mu buzima busanzwe.

DCGP Rose Muhisoni Komiseri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, yabwiye Abantu bafunzwe b’Igororero rya Nyanza ko uruzinduko rw’Abazimbabwe rugamije kwigiranaho.

Yagize ati” Uruzinduko rwaba bashyitsi baje gusura Igororero rya Nyanza ndetse n’ibindi bikorwa bitandukanye bya RCS, rugamije kwigiranaho mu nzego zitandukanye, ibyo baturushya tukabihanahana natwe ibyo tubarushya tukabibasangiza, murumva ko ari abashyitsi b’umugisha.”

CG Moses Cyril Ngawaite  Chihobvu, Komiseri Mukuru w’Amagereza no Kugorora mu Gihugu cya Zimbabwe yashimye uburyo u Rwanda ruha agaciro abaturage barwo ntawe rusize inyuma, abwira abari gukora ibihano byabo ko kuba bariho ari impamvu z’igihe bizarangira bagasubira mu buzima busanzwe.

Yagize ati” Benshi asanga iyo bageze mu igororero bahindura imyitwarire bakumva ko ubuzima burangiye, ndashaka kubabwira ko byose ari ikibazo cy’igihe iyi usoje ibihano byawe ubuzima bukomeza, mukomeze kwihangana ni ejo bundi mugasubira mu buzima busanzwe.”

Nyuma yo gusura aho Abantu bafunzwe baba mu bipangu bitandukanye birimo n’aho Imfungwa za Politiki zaturutse mu Gihugu cya Serraleone boherejwe n’Umuryango w’Abibumbye bakomereje mu Rukari gusura Ingoro y’Amateka y’Abami  b’u Rwanda, basobanurirwa Amateka atandukanye yaranze ingoma ya Cyami.

Basuye ibice bitandukanye by’Igororero rya Nyanza berekwa uko abahagororerwa bitabwaho.
Aha basobanurirwaga uko Biogaz Ikora ibyakabaye umwanda bikabyazwa umusaruro utanga ingufu zikoreshwa mu Guteka hanarengerwa ibidukikije n’amafaranga yakabaye akoreshwa hagurwa Inkwi.
Aha bari mu cyumba cyigirwamo ikoranabuhanga (ICT) cyigirwamo n’Abantu bafunzwe mu rwego rwo kubaha ubumenyi buzabafasha kwiteza imbere basoje ibihano.
Basuye ikindi cyumba cyigirwamo umwuga w’ubudozi mu rwego rwo guha ubumenyi Abantu bafunzwe nkuko Leta y’u Rwanda yihaye gahunda yo Kugira abaturage bajijutse.
Basoje gusura Igororero rya Nyanza bafashe Ifoto y’urwibutso.
Bakomereje ku Ngoro y’Amateka y’Abami mu Rukari basobanurirwa amateka y’Abami bayoboye U rwanda.
Basobanuriwe byinshi ku bijyanye n’umuco w’Abanyarwanda bo hambere.
Basoje gusura Ingoro y’Abami bafashe ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

7 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.